• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

radiotv10by radiotv10
03/07/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gusinyisha abakinnyi batanu bashya biganjemo abanyamahanga,n’Umunyarwanda ukina nka myugariro Rushema Chris wari usanzwe akinira ikipe ya Rayon Sports FC.

Duhereye kuri myugariro Rushema Chris yasinyiye Police FC amasezerano y’imyaka ibiri nyuma yo gutandukana na Rayon Sports yaramazemo umwaka umwe.

Rushema yageze muri Rayon Sports avuye mu ikipe ya Mukura VS&L y’i Huye mu Majyepfo, ariko ku mwaka yari amaze muri Rayon Sports ntabwo yigeze abona umwanya uhagije wo gukina ari nabyo byatumye atandukana nayo cyane ko Rayon Sports nayo yagiye ku isoko igura ba myugariro bashya.

Mu bandi bakinnyi basinyiye Police FC barimo Japheth Mzungu ukina mu kibuga hagati. Mzungu ni umunya-Kenya wasinyiye Police FC amasezerano y’imyaka 3 avuye mu ikipe ya Sofapaka FC y’iwabo muri Kenya akaba akina inyuma ya ba rutahizamu ndetse akaba yarakiniye ikipe z’igihugu cya Kenya z’abato.

Undi mukinnyi wasinyiye Police FC ni Tangara Keffa ukina nka rutahizamu,uyu Tangara w’imyaka 24 yabanje kuvugwa muri Rayon Sports gusa byaje kurangira asinyiye Police FC amasezerano y’imyaka 2 avuye mu ikipe ya Djoliba AC y’iwabo muri Mali.

Police FC kandi yasinyishije myugariro w’ibumoso ukomoka muri Ghana Iddrisu Shaibu akaba yasinye amasezerano y’imyaka ibiri avuye muri Sofapaka FC yo muri Kenya.

Umukinnyi twasorezaho yasinyishije ni rutahizamu Moussa Limane wavuye muri Asante Kotoko yo muri Ghana.

Police FC ntabwo yasinyishije abakinnyi bashya gusa kuko yanatangaje ko Rutsindura Antoine ‘Mabombe’ yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Tekinike (Technical Director).

Aba bakinnyi bashya Police FC yasinyishije baje bakurikira Rugwiro Kevin warurangije umwaka ari intizanyo muri AS Muhanga na Byishimo Valua wavuye muri Bugesera FC ndetse n’abandi bakinnyi nka kapiteni w’iyi kipe Nsabimana Eric “Zidane”, Iradukunda Simeon, umuzamu Niyongira Patience na David Chimezie bose bamaze kongera amasezerano.

Kugeza ubu Police FC nta mutoza mukuru ifite kuko yamaze gutandukana na Ben Moussa Abdessatar wari umaze umwaka umwe ayitoza ndetse yamaze no gutandukana n’abandi bakinnyi nka Ani Elijah, Byiringiro Lague, Msanga Henry, Kirongozi Richard, Issah Yakubu, Allan Kateregga na Ishimwe Christian werekeje muri APR FC.

Umunya-Ghana Iddrisu Shaibu yinjiye muri Police FC
Moussa Limane na we yasinye
Umunya-Mali Keffa Tangara
Rushema Chris na we ubu ni umukinnyi wa Police FC
Japheth Mzungu

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − five =

Previous Post

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

Next Post

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Related Posts

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

by radiotv10
03/07/2026
0

Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yatangaje mu guhera mu mwaka w’imikino wa 2026-2026 abakinnyi bazajya bakorerwa isuzuma...

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

by radiotv10
02/07/2026
0

Nyuma y’uko ikipe ya Kiyovu Sports isoje umwaka w’imikino idafite umutoza mukuru, yatangiye kurambagiza uwatozaga Amagaju, gusa amakuru aravuga ko...

FERWAFA yirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo

FERWAFA yirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo

by radiotv10
30/06/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo, rimuziza kuwucunga nabi. Ibi bibaye nyuma y’aho kompanyi...

Rwabuze gica hagati ya APR HC na Police HC imbere y’abafana b’ingeri zinyuranye (Amafoto)

Rwabuze gica hagati ya APR HC na Police HC imbere y’abafana b’ingeri zinyuranye (Amafoto)

by radiotv10
29/06/2026
0

Imikino ya nyuma ya kamarampaka muri shampiyona ya Handball yafashe indi ntera nyuma y’aho APR HC yishyuriye Police HC, amakipe...

Hatanagajwe igihe hazabera ibirori bw’abakunzi ba Rayon Sports

Hatanagajwe igihe hazabera ibirori bw’abakunzi ba Rayon Sports

by radiotv10
26/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports bwatangaje itariki izaberaho umunsi w’iyi kipe uzwi nka Rayon Day cyangwa Umunsi w’Igikundiro, usanzwe urangwa...

Next Post
Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n'abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.