Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

radiotv10by radiotv10
11/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hasohotse inkuru yemeza ko Erik Prince washinzwe umutwe wa Blackwater w’abarwanyi b’abacancuro yohereje bamwe na drone muri DRC, Minisitiri Olivier Nduhungirehe yibukije ko ikoreshwa ry’abacancuro ryakomeje kuranga buriya butegetsi bwa DRC, ari ugusuzugura Umuryango Mpuzamahanga bityo ko udakwiye gukomeza kubirebera.

Inkuru y’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters, ivuga ko “uwashinze Blackwater Erik Prince yohereje umutwe wihaririye ushinzwe gukoresha drones no gufasha igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kurinda Umujyi wa Uvira.”

Reuters ivuga ko ibi byemejwe n’abantu bane boherejwe muri ubu butumwa, ivuga kandi ko uyu Erik Prince asanzwe yarahawe akazi n’ubutegetsi bwa Kinshasa kugira ngo abufashe mu by’umutekano no kubungabunga ibikorwa byo gukusanya imisoro iva mu bucukuzi buhambaye bw’amabuye y’agaciro.

Iki kiyamakuru kandi kivuga ko iyoherezwa ry’abarwanyi b’uyu mutwe mu Mujyi wa Uvira uherutse kurekurwa na AFC/M23, ari igikorwa kibaye icya mbere kigiye hanze cy’abarwanyi bihariye ba Erik Prince muri Congo.

Reuters ivuga ko umuvugizi wa Prince yanze kugira icyo avuga kuri iyi misiyo yoherejemo abarwanyi be muri Congo, ndetse na Perezisansi ya DRC kimwe n’Umuvugizi wa FARDC, bakaba banze gusubiza ibyo babajijwe n’iki kinyamakuru kuri iyi misiyo.

Gusa kivuga ko “umwe mu batanze amakuru, usanzwe akomeye mu buyobozi bw’igisirikare muri Congo, kuba hari abarwanyi bafite aho bahuriye na Leta Zunze Ubumwe za America, bishobora kubera ikibazo abarwanyi ba AFC/M23 bashobora kuba batifuza kurwana byeruye n’abarwanyi ba Prince.”

 

Minisitiri Nduhungirehe yabyamaganye

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije ubutegetsi bwa Congo ko ibi byo gukoresha abacancuro binyuranyije n’amahame mpuzamahanga.

Yagize ati “Ndashaka kwibutsa ko gukoresha abacancuro b’abanyamahanga, byakunze kuranga Guverinoma ya DRC ari ugusuzugura Umuryango Mpuzamahanga, barenga ku masezerano ya OUA [yahoze ari Ubumwe bwa Afurika ubu ni Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe] yo kurandura ubucancuro muri Afurika, yemerejwe i Libreville tariki 03 Nyakanga 1977.”

Nduhungirehe kandi yavuze ko ibi bikorwa bihabanye “n’amasezerano mpuzamahanga abuza kwinjiza, gukoresha, gutera inkunga no gutoza abacancuro, yatorewe mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateranye tariki 04 Ukuboza 1989 (umwanzuro wa 44/34).”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, yibajije niba Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ndetse n’Umuryango mpuzamahanga bazakomeza kurebera hakomeza kubaho ibikorwa byo guhonyora amategeko mpuzamahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − four =

Previous Post

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

Related Posts

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma y’uko mu kagari ka Gakoni ko mu murenge wa Muganza mu bihe bikurikiranye mu mudugudu umwe habonetse imibiri ibiri...

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

by radiotv10
11/02/2026
0

Following reports confirming that Erik Prince, the founder of the private military company Blackwater, deployed personnel and drones to the...

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

by radiotv10
11/02/2026
0

Umusore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango ukurikiranyweho kwica umubyeyi we (Se) amunize yarangiza akamushyira...

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

by radiotv10
10/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije Umudepite wo mu Nteko y’u Bubiligi ufite inkomoka muri DRC washimagije Paul Rusesabagina,...

Living a good life on a small salary in Kigali

Living a good life on a small salary in Kigali

by radiotv10
10/02/2026
0

Many people believe that living a good life in the city requires a lot of money. In Kigali, where living...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

by radiotv10
11/02/2026
0

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

11/02/2026
Nyuma y’umunsi umwe Aristide wabaye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu asezeye Basketball yahise ahabwa akazi

Nyuma y’umunsi umwe Aristide wabaye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu asezeye Basketball yahise ahabwa akazi

11/02/2026
Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

11/02/2026
Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

11/02/2026
Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

11/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

Nyuma y’umunsi umwe Aristide wabaye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu asezeye Basketball yahise ahabwa akazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.