Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

radiotv10by radiotv10
11/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangaje ko kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, atari igitangaza, kandi ko kuba iki Gihugu cyifuza gutanga umukandida bazahatana, kuri we ntacyo bimutwaye kuko yifitiye icyizere.

Louise Mushikiwabo yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique, nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda yongeye kumutanga nk’umukandida wo guhatanira uyu mwanya muri manda ya gatatu.

Ikiganiro mu bibazo bya Jeune Afrique n’ibisubizi bya Mushikiwabo.

Jeune Afrique (J.A.): Kubera iki ushaka kwiyamamariza manda ya gatatu?

Louise Mushikiwabo (L.M.): Ni uko hari ibyo ngomba gukorera umuryango wa OIF.  Manda yanjye ya mbere yibanze mu gushyiraho amavugurura n’imiyoberere mu muryango, nubwo hari imbogamizi z’icyorezo cya COVID-19, byatumye haba impinduka nyinshi mu muryango.

Muri manda ya kabiri hari hariho kwibanda ku mavugurura yo kwegereza ubuyobozi abanyamuryango ngo kongera abagenzuzi mu bikorwa bya OIF.

Kubera iki se ntakomeza muri manda ya gatatu hashyiraho gahunda n’imishinga kandi ngomba kwitaho.

J.A.: Ni icyifuzo mwamaze kugaragariza ibihugu bigize umuryango?

L.M.: Ntabwo nagomba gutegereza igihe kinini, uko hashira igihe ni na ko nshaka kugira byinshi ngeza ku muryango nkuko ari cyo mpamagariwe gukorera OIF.

Kuba hari ibihugu byinshi byanshyigikiye mu nama y’Abaminisitiri ba OIF yabaye mu Gushyingo umwaka ushize byanyeretse ko ngomba kwiyamamaza bitaba ari igitekerezo kibi. Ni yo mpamvu u Rwanda rwahisemo kongera gutanga kandidatire yanjye.

J.A.: Ese ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi birimo u Bufaransa na Canada byaba bigushyigikiye?

L.M.:  Ndatekereza ko amatora ari meza ku miyoborere y’uyu muryango. Biragaragaza iterambere kandi bituma abantu bamenya ko ukora neza. Ntabwo nshaka kugaragaza igihugu runaka nshyigikiye ariko hari byinshi bishyigikiye ko nkomeza kuyobora OIF, yaba ibyo mu Majyepfo no mu Majyaruguru y’Isi.

Bashobora guhindura ibitekerezo rwose birashoboka, ariko icya mbere bareba n’ibyabaye mu mateka ya OIF, hagomba kuba amatora ashingiye ku bunararibonye, ibigenderwaho umukandida aba yujuje bisobanutse.

J.A.: Ese namwe muzi amakuru y’ibihugu bimwe bitita ku ntego z’umuryango by’umwihariko bitagushyigikiye, birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Burundi?

L.M.: Buri matora agomba kugira abahanganye, bakabikoresha mu mpamvu za politi nk’iturufu yo gutsinda. Kanditure yanjye ntabwo ishyigikiwe na RDC, ibyo ntabwo bitangaje. Uko kunshyigikira mbigereranya n’amategeko aba mu mikino.

JA: Mu 2022 wongeye gutorwa ese kuri iyi nshuro ubona bigoye cyane ugereranyije n’uko byari bimeze kiriya gihe?

LM: Njyewe ntabwo njya ntinya imbogamizi. Uhereye ku byo tuzi. Leta ya Kinshasa, iri gutegura umukandida wayo izatanga ngo duhangane, ibyo nta kibazo ni byiza.  Ibihugu bizihitiramo, Reka bazitorere! Mu by’ukuri, ndatekereza ko aya matora ari agamije guha ubuzima OIF.

Nagaragaje uko umuryango wateye imbere kandi birigaragaza. Njyewe nifitiye icyizere nshingiye kuri kanditire yanjye n’imigendekere y’amatora.

J.A.: Ese wasobanura gute umubano wawe n’ubutegetsi bwa Congo?

L.M.: Ntabwo ari ibanga kuba ari Umunyarwandakazi uyobora OIF ntabwo bishimisha ubutegetsi bwa Leta ya Kinshasa.

Ibyo ntabwo mbifiteho ikibazo. Perezida Tshisekedi, ni muyobozi wa mbere nasuye bwa mbere nkitangira kuyobora OIF, nyuma yaho twanahuriye inshuro nyinshi i Paris, Addis Ababa, Washington n’ahandi. Ubu ntabwo agishaka ko duhura.

J.A.: Ubu ntabwo ukigenderera Kinshasa, nka kimwe mu bihugu bikomeye bigize umuryango wa Francophonie?

L.M.: Ntabwo Kinshasa yigeze intumira, Abanyekongo nibaramuka bantumiye nzajyayo. Nzi neza ko igihugu cya RDC ari umunyamuryango w’ingenzi.

RDC ni umufatanyabikorwa muri gahunda za OIF mu nzego z’uburezi, umuco, amahoro no guteza imbere uburinganire bw’abagabo n’abagore.

Umuryango Panzi Foundation, uyobowe n’Umunyekongo Denis Mukwege, wahawe inkunga guhera mu 2020 binyuze mu bufatanye bwawo na OIF. Njyewe RDC nyifata nk’umunyaryango w’ingenzi mu bihugu bigize OIF, nubwo ibihugu byacu bifite umubano utifashe neza, ntabwo twabura aho duhurira.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + eleven =

Previous Post

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Related Posts

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

by radiotv10
11/02/2026
0

Umukobwa w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, wari amaze igihe asaba umusore ko bakundana, undi...

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma yuko hasohotse inkuru yemeza ko Erik Prince washinzwe umutwe wa Blackwater w’abarwanyi b’abacancuro yohereje bamwe na drone muri DRC,...

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma y’uko mu kagari ka Gakoni ko mu murenge wa Muganza mu bihe bikurikiranye mu mudugudu umwe habonetse imibiri ibiri...

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

by radiotv10
11/02/2026
0

Following reports confirming that Erik Prince, the founder of the private military company Blackwater, deployed personnel and drones to the...

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

by radiotv10
11/02/2026
0

Umusore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango ukurikiranyweho kwica umubyeyi we (Se) amunize yarangiza akamushyira...

IZIHERUKA

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi
MU RWANDA

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

by radiotv10
11/02/2026
0

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

11/02/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

11/02/2026
Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

11/02/2026
Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

11/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.