Umukinnyi wa filimi Kalisa Ernest wamenyekanye nka Samusure, wari umaze imyaka ine ari muri Mozambique, yagarutse mu Rwanda, yakiranwa urugwiro n’inshuti n’abavandimwe biganjemo abo bakinanye muri sinema Nyarwanda.
Samusure yagiye muri Mozambique muri 2022, aho byavuzwe ko mu byo yari yarahunze harimo n’amadeni yari afitiye abantu.
Uyu mugabo uzwi muri filimi zinyuranye zirimo n’izo yari yarashoyemo imari, yageze ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe kuri uyu wa Kane tariki 12 Gashyantare 2026.
Samusure, ubwo yageraga ku kibuga cy’indege yakiriwe n’inshuti n’abavandimwe barimo n’abo bakinanye muri filimi, bamugaragarije ibyishimo byo kongera kumubona, banamuha ikaze mu Gihugu cyamwibarutse. Mu bamwakiriye kandi barimo umubyeyi we [Nyina] n’abandi bo mu muryango we.
Uyu mukinnyi wa Filimi wamenyekanye ku mazina atandukanye nka Samusure, Rulinda na Makuta, yari yavuye mu Rwanda, aho yavuze ko yagiye ahunze kubera amadeni yafashe kugira ngo akine filimi ye yitwa ’Makuta’.
Kalisa Ernest AKA Samusure geze mu Rwanda yarabanje kubitangaza, dore ko mu ntangiro z’uku kwezi yari yatangaje ko kuri iyi tariki ya 12, ari bwo azagera mu Rwanda, nyuma yuko yabanje gukemura bimwe mu bibazo by’amadeni yari afitiye abantu.
Samusure wageze mu Rwanda abanje gukora urugendo rurerure anyuze muri Qatar, yavuze ko bitari byoroshye kandi ko ashimira abantu bamufashije.
Yagize ati “Ikindi ndashimira n’umutima wanjye kuko iyo ntawugira ntabwo nari kugira igitekerezo cyo kwitabaza abantu ngo bamfashe kwishyura ibyari byatumye ngenda, kandi narabikoze, n’ibitarakunda bizakunda kubera abantu n’Imana.”
Mbere yo kuza, Samusure yumvikanye atabaza abantu ngo bamufashe kwishyura abo yari afitiye amadeni, ndetse bamwe barimo n’abafite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, batanga inkunga zabo kugira ngo bafashe uyu mugabo ngo agaruke.
Avuga ko kuba agarutse mu Gihugu cyamwibarutse, ari iby’agaciro gakomeye. Ati “Buriya ntakirita iwabo w’umuntu aho wajya aho ari ho hose, niyo waba uri mu cyogajuru, nta hantu hashobora kukurutira iwanyu. Nk’ubu ngubu sinzi niba hari ikindi Gihugu nshobora kwinjiramo ngo mbone abantu bampobera gutya, nari maze igihe ntahoberwa.”
Samusure avuga ko ibibazo yanyuzemo n’uburyo abantu bamufashije kubisohokamo, byamusigiye isomo rimwibutsa ko ubuzima ari ukugira inshuti no kubana neza.
RADIOTV10











