Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

radiotv10by radiotv10
17/02/2026
in Uncategorized
0
Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za America, anahura n’abanyacyubahiro n’ibyamamare binyuranye, bitabiriye ibi birori.

Ni umukino wabereye i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za America, muri weekend ishize mu nzu y’imikino ya Intuit Dome, wanabereyemo ibirori binogeye ijisho.

Uyu mukino usanzwe uhuza abakinnyi b’imena muri Basketball muri America, wahuje amakipe abiri, ari yo USA Stars na USA Stripes, warangiye ikipe ya USA Stars itsinze amanota 47-21 USA Stripes.

Perezida Kagame kandi yaboneyeho kubonana n’abantu batandukanye, barimo abafite imyanya y’ubuyobozi mu bikorwa bya siporo, nka Steve Ballmer nyiri ikipe ya Los Angeles Clippers isanzwe inakorana n’u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda, kuva muri Nzeri umwaka ushize wa 2025.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda bitangaza ko Perezida Kagame na Steve Ballmer “Ibiganiro byabo byagarutse ku ntambwe ishimishije y’umubano hagati y’u Rwanda na NBA irimo imikorenire yatangiye umwaka ushize hagati ya Clippers na Visit Rwanda.”

Perezida Kagame kandi ubwo yitabiraga uyu mukino, yanabonye n’abandi bafite amazina azwi bari baje kuwureba, barimo Igikomangoma cy’Ubwami bw’u Bwongereza, Prince Harry n’umugore we Meghan Markle.

Umukuru w’u Rwanda kandi yanabonanye n’umuhanzi w’Umunya-Kenya Bien-Aimé Baraza wahoze mu itsinda Souti Sol, ukunze kugaragaza ko yishimira Perezida Paul Kagame ku bw’imiyoborere ye ireba kure.

Mu butumwa bugaragaza ibyishimo yatewe no guhura na Perezida Kagame, Bien-Aimé Baraza yagize ati “Igihe cyose nishimira Nyakubahwa Perezida. Warakoze kudufungurira imiryango twese. Komeza guhabwa umugisha.”

Uyu mukino wa All-Star Game kandi wanarebwe na Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’abandi banyacyubahiro baturutse mu bice binyuranye by’Isi.

Perezida Kagame na Prince Harry n’umugore we Meghan Markle
Yanahuye na Bien-Aimé Baraza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Simple office wear that looks smart and elegant

Next Post

Eng-.Nduhungirehe responds to question about President Kagame being represented at the AU Summit

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng-.Nduhungirehe responds to question about President Kagame being represented at the AU Summit

Eng-.Nduhungirehe responds to question about President Kagame being represented at the AU Summit

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.