Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryahanuye indege eshatu zitagira abapilote (drone) z’uruhande bahanganye zariho zirasa ku baturage bo mu bice bituwemo n’abarimo Abanyamulenge.
Amakuru avuga ko izi ndege zahanuwe kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2026 ari izo mu bwoko bwa Kamikaze zizwiho gukoreshwa mu rugamba.
Izi ndege zahanuriwe mu gace ka Point-Zero muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo, aho FARDC n’abambari bayo bamaze iminsi bagaba ibitero byahitanye inzirakarengane z’Abanyekongo.
Ibikorwa byo guhanura izi ndege byakozwe nyuma yuko FARDC yoherezaga izi ndege nyuma yuko abarwanyi bayo bari babanje kugaba ibitero ku mutwe wa Twirwaneho ugamije kurwanirira Abanyamulenge, ubu ukaba uri gukorana na AFC/M23.
Nyuma yuko uruhande rwa FARDC rusubijwe inyuma n’abarwanyi ba AFC/M23 na Twirwaneho, ni bwo rwagabaga biriya bitero by’indege zitagira abapilote.
Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yashyize hanze mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Mbere, yavuze ko “ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero bihuriweho kandi bikomeye ku baturage b’abasivili i Minembwe (Mu Misozi miremire), Katoyi (Masisi), na Mulumemunene (Kabare).”
Akomeza avuga ko iri Huriro AFC/M23 ryifuza kumenyesha abanyekongo n’umuryango mpuzamahanga ko “ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kurenga ku mwanzuro guhagarika imirwano ku buryo bugaragara kandi bwabigambiriye, bigaragaza ko budaha agaci amasezerano y’amahoro yashyizweho umukono.”
Kanyuka avuga kandi ko uretse kuba ibi bikorwa bikomeje guhitana inzirakarengane z’abasivile, ari n’ubushotoranyi budashobora kwihanganirwa, ndetse bikanaca intege imbaraga zariho zikoreshwa mu gushaka umuti w’ibibazo binyuze mu nzira z’amahoro.
RADIOTV10









