Tuesday, February 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

radiotv10by radiotv10
17/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryahanuye indege eshatu zitagira abapilote (drone) z’uruhande bahanganye zariho zirasa ku baturage bo mu bice bituwemo n’abarimo Abanyamulenge.

Amakuru avuga ko izi ndege zahanuwe kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2026 ari izo mu bwoko bwa Kamikaze zizwiho gukoreshwa mu rugamba.

Izi ndege zahanuriwe mu gace ka Point-Zero muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo, aho FARDC n’abambari bayo bamaze iminsi bagaba ibitero byahitanye inzirakarengane z’Abanyekongo.

Ibikorwa byo guhanura izi ndege byakozwe nyuma yuko FARDC yoherezaga izi ndege nyuma yuko abarwanyi bayo bari babanje kugaba ibitero ku mutwe wa Twirwaneho ugamije kurwanirira Abanyamulenge, ubu ukaba uri gukorana na AFC/M23.

Nyuma yuko uruhande rwa FARDC rusubijwe inyuma n’abarwanyi ba AFC/M23 na Twirwaneho, ni bwo rwagabaga biriya bitero by’indege zitagira abapilote.

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yashyize hanze mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Mbere, yavuze ko “ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero bihuriweho kandi bikomeye ku baturage b’abasivili i Minembwe (Mu Misozi miremire), Katoyi (Masisi), na Mulumemunene (Kabare).”

Akomeza avuga ko iri Huriro AFC/M23 ryifuza kumenyesha abanyekongo n’umuryango mpuzamahanga ko “ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kurenga ku mwanzuro guhagarika imirwano ku buryo bugaragara kandi bwabigambiriye, bigaragaza ko budaha agaci amasezerano y’amahoro yashyizweho umukono.”

Kanyuka avuga kandi ko uretse kuba ibi bikorwa bikomeje guhitana inzirakarengane z’abasivile, ari n’ubushotoranyi budashobora kwihanganirwa, ndetse bikanaca intege imbaraga zariho zikoreshwa mu gushaka umuti w’ibibazo binyuze mu nzira z’amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Next Post

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

Related Posts

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

by radiotv10
17/02/2026
0

The AFC/M23 coalition, which is fighting against the government of the Democratic Republic of Congo, has shot down three unmanned...

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

by radiotv10
14/02/2026
0

Umunyamakuru Hariana Verás Victória ugaragaza kubogamira kuri butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Tshisekedi, yongeye kubaza Perezida Donald...

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

by radiotv10
13/02/2026
0

Igihugu cya Angola, gisanzwe ari umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Imibare y’abagizweho ingaruka n’inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira

Imibare y’abagizweho ingaruka n’inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira

by radiotv10
13/02/2026
0

Abantu bagera kuri 40 bamaze kwitaba Imana, mu gihe abarenga 12 000 bavuye mu byabo, nyuma yuko inkubi y’umuyaga wiswe...

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

by radiotv10
12/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbuye muri DRC (MONUSCO) bwatangaje ko Vivian van de Perre, Intumwa Yihariye y'Umunyabanga Mukuru w'uyu Muryango, akaba...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko
IBYAMAMARE

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

by radiotv10
17/02/2026
0

AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

17/02/2026
Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

17/02/2026
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

Umuturage wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo kivugwamo Banki Nkuru y’u Rwanda yongeye gutakamba

17/02/2026
Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

17/02/2026
Samusure yahuye aniyunga n’umunyamakuru Oswakin nyuma yuko avuze ko yababajwe n’ibyo yamuvuzeho

Samusure yahuye aniyunga n’umunyamakuru Oswakin nyuma yuko avuze ko yababajwe n’ibyo yamuvuzeho

17/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.