Wednesday, February 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

radiotv10by radiotv10
18/02/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Guverinoma ya Kenya ushinzwe Uburinganire, yatangaje ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya umaze iminsi agaragara mu mashusho akoresha ibyo ashaka abagore n’abakorwa benshi muri Kenya, gikomeye, ariko ko hari gukorwa inyigo y’uburyo yakurikiranwa, kandi ko inzego bireba zatangiye iperereza.

Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hacicikana umugabo w’Umurusiya, ajya mu bice binyuranye muri Kenya, akaka nimero abagore batandukanye, ubundi akabasaba ko bajya kumusura, bakanaryamana.

Hanna Cheptumo usanzwe ari Umunyamabanga ushinzwe Uburinganire, yavuze ko ikibazo cy’uriya mugabo cyatumye ubuyobozi bwisanga mu mwanya wo kubura icyo bukora.

Yavuze ko icyakora “Guverinoma ya Kenya iri guhuza imbaraga kugira ngo igire icyo ikora. Inzego zibishinzwe, iz’umutekano, iz’iperereza n’iz’ubushinjacyaha zasabwe gukurikirana iki kibazo byihutirwa, harimo no gukorana n’inzego mpuzamahanga bitewe n’imiterere y’iki kibazo.”

Uyu mugabo bivugwa ko yitwa Yayteslav Trahov, mu ijoro ryo ku munsi w’abakundana uzwi nka Saint Valentin, yasohoye amashusho y’abagore n’abakobwa benshi yakoreye ririya hohoterwa muri Kenya no muri Ghana.

Ni amasho yakwirakwiye cyane ku mbuga nkoranyambaga, ateza impaka zikomeye ku bivugwa ko hari imyitwarire mibi, ariko icyababaje benshi, ni uburyo yatesheje agaciro abiraburakazi byumwihariko abagore bo muri Kenya.

Mu kiganiro cyabaye ku wa Mbere, Umuvugizi wa Guverinoma ya Kenya, Isaac Mwaura, yihanangirije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu ko bakwiye kwirinda umubano no kwigurisha na mukerarugendo, avuga bagomba kujya birengera ingaruka zishobora kubabaho zirimo n’icuruzwa ry’abantu.

Yagize ati “Turamagana ibikorwa by’Abarusiya. Ariko tugomba kwemera no kwikunda nk’Abanyafurika. Ntidukwiye kwitesha agaciro kubera uruhu rwacu, cyangwa ngo hagire ababikoresha mu buryo bw’ubucuruzi.”

Yakomeje agira ati “Ndatekereza ko indangagaciro zacu zacogoye nk’uko bigaragazwa n’ibyerekanwa kuri interineti. Iki gikorwa cyateye isoni abaturage ba Afurika.”

Mu mashusho magufi, Yayteslav agenda areshya abagore benshi asanga ahantu hatandukanye nko mu magururo, mu muhanda ndetse no mu nsengero, ubundi bikarangira abagejeje mu cyumba cye aho aba acumbitse, akabakoresha ibyo ashaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 13 =

Previous Post

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Related Posts

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

by radiotv10
18/02/2026
0

Nyuma yuko hari amakuru atangajwe ko abasirikare b’u Bufaransa bagaragaye i Kisangani havugwaho kuba hari ikigo gikomeye cya FARDC iteguriramo...

Ni iki kitezwe mu biganiro by’u Burusiya, Ukraine na America biri kubera mu muhezo?

Ni iki kitezwe mu biganiro by’u Burusiya, Ukraine na America biri kubera mu muhezo?

by radiotv10
18/02/2026
0

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, wari umunsi wa kabiri w’icyiciro cya gatatu cy’ibiganiro bihuje u Burusiya, Ukraine na...

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

by radiotv10
17/02/2026
0

The AFC/M23 coalition, which is fighting against the government of the Democratic Republic of Congo, has shot down three unmanned...

AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

by radiotv10
17/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryahanuye indege eshatu zitagira abapilote (drone) z’uruhande bahanganye zariho zirasa...

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

by radiotv10
14/02/2026
0

Umunyamakuru Hariana Verás Victória ugaragaza kubogamira kuri butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Tshisekedi, yongeye kubaza Perezida Donald...

IZIHERUKA

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego
AMAHANGA

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

by radiotv10
18/02/2026
0

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

18/02/2026
Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

18/02/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

18/02/2026
Miss Pamella umugore wa The Ben yagize ibyago

Miss Pamella umugore wa The Ben yagize ibyago

18/02/2026
Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

18/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.