Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

radiotv10by radiotv10
18/02/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Guverinoma ya Kenya ushinzwe Uburinganire, yatangaje ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya umaze iminsi agaragara mu mashusho akoresha ibyo ashaka abagore n’abakorwa benshi muri Kenya, gikomeye, ariko ko hari gukorwa inyigo y’uburyo yakurikiranwa, kandi ko inzego bireba zatangiye iperereza.

Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hacicikana umugabo w’Umurusiya, ajya mu bice binyuranye muri Kenya, akaka nimero abagore batandukanye, ubundi akabasaba ko bajya kumusura, bakanaryamana.

Hanna Cheptumo usanzwe ari Umunyamabanga ushinzwe Uburinganire, yavuze ko ikibazo cy’uriya mugabo cyatumye ubuyobozi bwisanga mu mwanya wo kubura icyo bukora.

Yavuze ko icyakora “Guverinoma ya Kenya iri guhuza imbaraga kugira ngo igire icyo ikora. Inzego zibishinzwe, iz’umutekano, iz’iperereza n’iz’ubushinjacyaha zasabwe gukurikirana iki kibazo byihutirwa, harimo no gukorana n’inzego mpuzamahanga bitewe n’imiterere y’iki kibazo.”

Uyu mugabo bivugwa ko yitwa Yayteslav Trahov, mu ijoro ryo ku munsi w’abakundana uzwi nka Saint Valentin, yasohoye amashusho y’abagore n’abakobwa benshi yakoreye ririya hohoterwa muri Kenya no muri Ghana.

Ni amasho yakwirakwiye cyane ku mbuga nkoranyambaga, ateza impaka zikomeye ku bivugwa ko hari imyitwarire mibi, ariko icyababaje benshi, ni uburyo yatesheje agaciro abiraburakazi byumwihariko abagore bo muri Kenya.

Mu kiganiro cyabaye ku wa Mbere, Umuvugizi wa Guverinoma ya Kenya, Isaac Mwaura, yihanangirije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu ko bakwiye kwirinda umubano no kwigurisha na mukerarugendo, avuga bagomba kujya birengera ingaruka zishobora kubabaho zirimo n’icuruzwa ry’abantu.

Yagize ati “Turamagana ibikorwa by’Abarusiya. Ariko tugomba kwemera no kwikunda nk’Abanyafurika. Ntidukwiye kwitesha agaciro kubera uruhu rwacu, cyangwa ngo hagire ababikoresha mu buryo bw’ubucuruzi.”

Yakomeje agira ati “Ndatekereza ko indangagaciro zacu zacogoye nk’uko bigaragazwa n’ibyerekanwa kuri interineti. Iki gikorwa cyateye isoni abaturage ba Afurika.”

Mu mashusho magufi, Yayteslav agenda areshya abagore benshi asanga ahantu hatandukanye nko mu magururo, mu muhanda ndetse no mu nsengero, ubundi bikarangira abagejeje mu cyumba cye aho aba acumbitse, akabakoresha ibyo ashaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 11 =

Previous Post

Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

Next Post

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.