Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa

radiotv10by radiotv10
23/02/2026
in MU RWANDA
0
Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abagize itsinda Tube Heza rikora isuku ku muhanda wa kaburimbo ku gice cy’Umurenge wa Kabare mu Karere ka Kayoza, bavuga ko bamaze amezi atandatu badahembwa, bagasaba ubuyobozi kubafasha bagahabwa amafaranga yabo.

Abagize itsinda Tube Heza ryo mu Murenge wa Kabare bakora isuku ku muhanda wa kaburimbo muri uyu murenge bavuga ko bamaze amezi atandatu nta mafaranga barahabwa, mu gihe ngo byari bimenyerewe ko bayahabwa buri mezi atatu. Icyo bose bahurizaho ni uko bakwishyurwa amafaranga bakoreye, kuko ngo bikomeje kubashyira mu mibereho mibi.

Uwitwa Nyiransabimana Sarah ati: “Tumaze imyaka itandatu dukora mu muhanda. Kanyabutaka yaduhaye akazi, buri mezi atatu tugahembwa, none amezi abaye atandatu bataraduhemba. Ubu rero batubwira ko amafaranga yaraje, ariko ko ikibazo gihari ari Gitifu utarasinyira kuri iyo fishi ngo tubone amafaranga.”

Undi witwa Dushimimana Claudine yunzemo ati: “Ubukene buratwishe, abana barirukanywe ku ishuri kuko turimo gushaka amafaranga yo kwishyura amafaranga y’ishuri.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabare, Djafari Bagirigomwa, yabwiye RadioTV10 ko ikibazo bakizi, ko hari ibiri gutunganywa, ariko ko bitarenze icyumweru gitaha bazaba bayabonye. Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’iki kinyamakuru kuri telefoni.

Ati: “Iyi dosiye ndayizi. Hari ibiri kunozwa mu mibyizi bakoze, ariko ikibazo cyabo kirakemuka vuba. Icyumweru gitaha biraba biri ku murongo.”

Itsinda Tube Heza rigizwe n’abaturage 21, bahuriza ku gusaba ko bakwishyurwa amafaranga bakoreye, kuko ngo bikomeje kubashyira mu bukene ndetse no kubura ikibatunga, nk’uko bavuga ko ari ho bakura amaramuko.

Bavuga ko baba bakoze isuku uko bikwiye
Gusa ngo amezi abaye atandatu badahembwa
Umuhanda wo baba bawukesheje

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + sixteen =

Previous Post

Ufite inkomoko mu Rwanda wageze mu cyiciro cya nyuma cya Miss Belgium ntiyahiriwe

Next Post

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy'ingirakamaro cyabasigiye akaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.