• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa

radiotv10by radiotv10
23/02/2026
in MU RWANDA
0
Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abagize itsinda Tube Heza rikora isuku ku muhanda wa kaburimbo ku gice cy’Umurenge wa Kabare mu Karere ka Kayoza, bavuga ko bamaze amezi atandatu badahembwa, bagasaba ubuyobozi kubafasha bagahabwa amafaranga yabo.

Abagize itsinda Tube Heza ryo mu Murenge wa Kabare bakora isuku ku muhanda wa kaburimbo muri uyu murenge bavuga ko bamaze amezi atandatu nta mafaranga barahabwa, mu gihe ngo byari bimenyerewe ko bayahabwa buri mezi atatu. Icyo bose bahurizaho ni uko bakwishyurwa amafaranga bakoreye, kuko ngo bikomeje kubashyira mu mibereho mibi.

Uwitwa Nyiransabimana Sarah ati: “Tumaze imyaka itandatu dukora mu muhanda. Kanyabutaka yaduhaye akazi, buri mezi atatu tugahembwa, none amezi abaye atandatu bataraduhemba. Ubu rero batubwira ko amafaranga yaraje, ariko ko ikibazo gihari ari Gitifu utarasinyira kuri iyo fishi ngo tubone amafaranga.”

Undi witwa Dushimimana Claudine yunzemo ati: “Ubukene buratwishe, abana barirukanywe ku ishuri kuko turimo gushaka amafaranga yo kwishyura amafaranga y’ishuri.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabare, Djafari Bagirigomwa, yabwiye RadioTV10 ko ikibazo bakizi, ko hari ibiri gutunganywa, ariko ko bitarenze icyumweru gitaha bazaba bayabonye. Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’iki kinyamakuru kuri telefoni.

Ati: “Iyi dosiye ndayizi. Hari ibiri kunozwa mu mibyizi bakoze, ariko ikibazo cyabo kirakemuka vuba. Icyumweru gitaha biraba biri ku murongo.”

Itsinda Tube Heza rigizwe n’abaturage 21, bahuriza ku gusaba ko bakwishyurwa amafaranga bakoreye, kuko ngo bikomeje kubashyira mu bukene ndetse no kubura ikibatunga, nk’uko bavuga ko ari ho bakura amaramuko.

Bavuga ko baba bakoze isuku uko bikwiye
Gusa ngo amezi abaye atandatu badahembwa
Umuhanda wo baba bawukesheje

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Ufite inkomoko mu Rwanda wageze mu cyiciro cya nyuma cya Miss Belgium ntiyahiriwe

Next Post

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy'ingirakamaro cyabasigiye akaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.