Friday, March 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

radiotv10by radiotv10
27/03/2026
in MU RWANDA
0
Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo iravuga ko mu mezi abiri, ku bufatanye n’izindi nzego, mu bukangurambaga bwo gukumira no kurwanya ibinyobwa bitujuje ubuziranenge ndetse n’ibiyobyabwenge, hamaze kwangizwa mu ruhame litiro 157 048 z’ibinyobwa bitemewe, litiro 159 za Kanyanga, ndetse n’ibilo 28 n’udupfunyika 506 by’urumogi.

Abakekwaho kugira uruhare muri ibi bikorwa bitandukanye barafashwe, bashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo bakorerwe iperereza.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, avuga ko kuva ku wa 08 Gashyantare 2026, Polisi ku bufatanye n’izindi nzego yatangiye ubukangurambaga bwo gukumira no kurwanya ibyaha, by’umwihariko ibinyobwa bitujuje ubuziranenge ndetse n’ibiyobyabwenge.

Avuga kandi ko ubu bukangurambaga bugamije gukangurira abaturage, by’umwihariko urubyiruko, kwirinda ibyo binyobwa n’ibiyobyabwenge kuko byangiza ubuzima bwabo.

Yagize ati: “Ibinyobwa bitujuje ubuziranenge byangiza ubuzima bw’abantu, ni uburozi. Turakangurira abantu kubyirinda, bakirinda n’ibindi bintu byose byakwangiza ubuzima bwabo. Birinde ibyo binyobwa bitujuje ubuziranenge ndetse n’ibiyobyabwenge muri rusange.”

Polisi irashimira Abanyarwanda bakomeje kurangwa n’umuco mwiza wo kumenya ko umutekano ari inshingano za buri wese, aho bagira uruhare rufatika mu gutanga amakuru ku gihe kandi vuba, hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha.

Irabasaba kandi kwirinda gukora ibinyuranyije n’amategeko, by’umwihariko gukora, gucuruza, gukwirakwiza, gutunda no kunywa ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, Kanyanga ndetse n’urumogi, bibutswa ko ari ibyaha bihanishwa amategeko.

Polisi kandi ishimangira ko itazihanganira uwo ari we wese ukora ibinyuranyije n’amategeko, kuko amayeri yose akoreshwa akomeje gutahurwa, bityo uzabifatirwamo wese agashyikirizwa Ubugenzacyaha kugira ngo amategeko akurikizwe.

CIP Hassan Kamanzi agira inama abishoye mu kwenga izi nzoga kubicikaho burundu

 

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 9 =

Previous Post

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Related Posts

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

by radiotv10
26/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda (AMIR) ku bufatanye na Cordaid Rwanda burahamagarira ibigo by’imari bikorana n’abahinzi kongera imikoranire...

“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

by radiotv10
26/03/2026
0

Umuyobozi w'Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, avuga ko imikino ya FIFA Series ari umwanya mwiza wo...

Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

by radiotv10
26/03/2026
0

Umugaba w'Ingabo z'Umuryango w'Abibumbye ziri mu butumwa bw'amahoro muri Sudani y'Epfo, ushinzwe igice cy'amajyepfo, Brigadier General Shishir Bharadwaj, yasuye abasirikare...

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville

by radiotv10
26/03/2026
0

Perezida Paul Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we wa Congo Brazzaville, Denis Sassou N’Guesso amwifuriza ishya n'ihirwe muri manda nshya yo...

Simple Habits to Improve Your Health in 2026

Simple Habits to Improve Your Health in 2026

by radiotv10
26/03/2026
0

Taking care of your health does not have to be complicated. You don’t need expensive plans or strict routines. Sometimes,...

IZIHERUKA

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri
MU RWANDA

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

by radiotv10
27/03/2026
0

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

26/03/2026
Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

26/03/2026
Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

26/03/2026
Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

26/03/2026
“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

26/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.