• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

radiotv10by radiotv10
27/03/2026
in MU RWANDA
0
Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo iravuga ko mu mezi abiri, ku bufatanye n’izindi nzego, mu bukangurambaga bwo gukumira no kurwanya ibinyobwa bitujuje ubuziranenge ndetse n’ibiyobyabwenge, hamaze kwangizwa mu ruhame litiro 157 048 z’ibinyobwa bitemewe, litiro 159 za Kanyanga, ndetse n’ibilo 28 n’udupfunyika 506 by’urumogi.

Abakekwaho kugira uruhare muri ibi bikorwa bitandukanye barafashwe, bashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo bakorerwe iperereza.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, avuga ko kuva ku wa 08 Gashyantare 2026, Polisi ku bufatanye n’izindi nzego yatangiye ubukangurambaga bwo gukumira no kurwanya ibyaha, by’umwihariko ibinyobwa bitujuje ubuziranenge ndetse n’ibiyobyabwenge.

Avuga kandi ko ubu bukangurambaga bugamije gukangurira abaturage, by’umwihariko urubyiruko, kwirinda ibyo binyobwa n’ibiyobyabwenge kuko byangiza ubuzima bwabo.

Yagize ati: “Ibinyobwa bitujuje ubuziranenge byangiza ubuzima bw’abantu, ni uburozi. Turakangurira abantu kubyirinda, bakirinda n’ibindi bintu byose byakwangiza ubuzima bwabo. Birinde ibyo binyobwa bitujuje ubuziranenge ndetse n’ibiyobyabwenge muri rusange.”

Polisi irashimira Abanyarwanda bakomeje kurangwa n’umuco mwiza wo kumenya ko umutekano ari inshingano za buri wese, aho bagira uruhare rufatika mu gutanga amakuru ku gihe kandi vuba, hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha.

Irabasaba kandi kwirinda gukora ibinyuranyije n’amategeko, by’umwihariko gukora, gucuruza, gukwirakwiza, gutunda no kunywa ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, Kanyanga ndetse n’urumogi, bibutswa ko ari ibyaha bihanishwa amategeko.

Polisi kandi ishimangira ko itazihanganira uwo ari we wese ukora ibinyuranyije n’amategeko, kuko amayeri yose akoreshwa akomeje gutahurwa, bityo uzabifatirwamo wese agashyikirizwa Ubugenzacyaha kugira ngo amategeko akurikizwe.

CIP Hassan Kamanzi agira inama abishoye mu kwenga izi nzoga kubicikaho burundu

 

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 10 =

Previous Post

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Next Post

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

Related Posts

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
03/07/2026
0

Mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, umusore yakubiswe na bagenzi be bari bamaze gusangira...

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Next Post
RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.