Nyuma yuko ubushakashatsi ku mibereho y’ingo bugaragaje ko 18.4% by’abatuye Akarere ka Nyamagabe bagikoresha amazi mabi, hamaze kubakwa imiyoboro y’amazi ifite uburebure bwa kilometero 266, byatumye abaturage barenga ibihumbi 88 bagerwaho n’amazi meza.
Iyi miyoboro yubatswe mu mirenge itandukanye itari ifite amazi meza, aho abaturage bakoraga ingendo ndende bajya gushaka amazi mu kabande, rimwe na rimwe bagakoresha n’amazi y’imvura.
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Musange, aho hubatswe umuyoboro w’amazi wa Kariba–Jenda–Masizi ufite uburebure bwa kilometero 7.5, ugeza amazi meza ku baturage barenga 2,000, bavuga ko bishimira iterambere bagezeho kuko mbere bakoreshaga amazi mabi.
Gusa, abatuye mu duce tutarageramo amazi na bo bifuza kuyabona, kuko hari aho bagikoresha amazi y’ibishanga n’ay’imvura, bikabateza ibibazo mu buzima bwa buri munsi. Bavuga kandi ko hari amashuri atagira amazi, bigatuma abanyeshuri bakoresha ay’imvura.
Murebwayire Claire, utuye mu Kagari ka Masangano mu Murenge wa Musange, avuga ko bakigorwa no kubona amazi meza, akenshi bakayakura kure, kandi no ku bigo by’amashuri hakaba hatari amazi ahagije.
Ati: “Nubwo hari aho amazi yageze, uyu muyoboro waratashye ariko twe ntituragerwaho. Turacyagenda ibirometero byinshi tujya kuvoma amazi, kandi hari n’igihe tuyakura ahantu hadatekanye. Dufite amashuri na yo atagira amazi, bagakoresha ay’imvura.”
Ndayisenga Jean Claude, na we utuye i Masizi mu Murenge wa Musange, yemeza ko ikibazo cy’amazi kikiri ingorabahizi kuri bamwe.
Ati: “Abana bakunze kurwara indwara ziterwa n’umwanda kubera amazi mabi. Turifuza ko uyu muyoboro wagera kuri buri muturage.”
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Niyomwungeri Hildebrand, avuga ko hari gukorwa ibishoboka byose kugira ngo buri muturage agerweho n’amazi meza, aho biteganyijwe ko umwaka utaha hazubakwa imiyoboro mishya izakemura iki kibazo.
Ati: “Umwaka utaha, ku bufatanye n’umushinga Water For People, hari imiyoboro izubakwa yihutirwa ifite kilometero zirenga 110, izagezwa mu duce dukeneye amazi atarageramo. Dufite intego ko muri Nyamagabe amazi azagerwaho hose, kandi hakabaho isuku hose.”

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10










