Monday, March 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

radiotv10by radiotv10
30/03/2026
in MU RWANDA
0
Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko umubare w’abakora akazi katemewe k’uburaya muri uyu Mujyi umaze kugera ku bihumbi icyenda (9 000) barimo ibihumbi bine (4 000) bo mu Karere ka Nyarugenge, buvuga ko gukemura iki kibazo bigomba guhera ku gushaka umuti w’ibibazo biri mu miryango.

Byatangajwe n’Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Urujeni Martine kuri iki Cyumwer tarik 29 Werurwe m Nteko Rusange y’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyarugenge.

Ubwo yaragagazaga ibibazo bicyugarije umuryango, Urujeni yagarutse ku kibazo cy’uburaya, avuga ko umubare w’ababukora ukomeje kwiyongera byumwihariko muri aka Karere ka Nyarugenge.

Yagize ati “Mu Turere dutatu tw’Umujyi wa Kigali abakora uburaya twasanze barenga ibihumbi icyenda (9000) kandi abarenga ibihumbi bine (4000) ni abo mu Karere ka Nyarugenge.”

Yakomeje avuga ko iki kibazo gishingiye ku burere butangirwa mu miryango bugenda bugabanuka, uko ibihe bigenda biha ibindi.

Ati “Ni ibintu usanga bishingiye ku burere kuko umubyeyi ntashobora gutanga icyo adafite aba agomba kuba na we yararezwe. Iyo miryango dufite rero na yo itararezwe dukwiye kuyegera kugira ibanze ihindure imyumvire.”

Imibare y’Urwego rushinzwe kugenzura ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye rw’abagore n’abagabo (GMO), igaragaza ko muri 2022 abakoraga uburaya bari bazwi mu Mujyi wa Kigali babarirwaga mu bihumbi birindwi (7 000).

Urujeni Martine ubwo yagarukaga ku izamuka ry’iyi mibare y’abakora uburaya mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko iriya mibare yamenyekanye ubwo hakorwaga ibarura ryabo, kugira ngo bafashwe banave muri ako kazi.

Ati “Tugira gahunda yo kubafasha kubona ibindi bakora ndetse hari n’abatangiye kubireka twizeye ko bazagira uruhare no mu kwigisha bagenzi babo ibyiza byo kutaguma muri uwo mwuga.”

Leta y’u Rwanda yagiye ishyiraho gahunda yo gufasha abantu bakora aka kazi k’uburaya, zirimo kubashingira amasoko, no kubaha igishoro, kugira ngo bareke uyu mwuga ubatesha agaciro unabamo ingaruka znyuranye zirim kurwara indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nka Virusi itera SIDA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − six =

Previous Post

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

Next Post

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Related Posts

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

by radiotv10
30/03/2026
0

Ikibazo cy’ibishyimbo byaranduwe mu Mujyi wa Kigali cyagatsweho na Komiseri muri FPR-Inkotanyi akagaya Abayobozi babikoze, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwari...

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

by radiotv10
30/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva yageze i Bangui muri Repubulika ya Centrafrique ahagiye kubera irahira rya Faustin-Archange Touadéra wongeye gutorerwa...

Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

by radiotv10
30/03/2026
0

The Prime Minister, Dr. Justin Nsengiyumva, has arrived in Bangui in the Central African Republic, where he will attend the...

Nyamagabe: Haravugwa umusaruro wagezweho nyuma y’ubushakashatsi bwagaragaje ko hari benshi bakoresha amazi mabi

Nyamagabe: Haravugwa umusaruro wagezweho nyuma y’ubushakashatsi bwagaragaje ko hari benshi bakoresha amazi mabi

by radiotv10
30/03/2026
0

Nyuma yuko ubushakashatsi ku mibereho y’ingo bugaragaje ko 18.4% by’abatuye Akarere ka Nyamagabe bagikoresha amazi mabi, hamaze kubakwa imiyoboro y’amazi...

The Importance of Listening: Be a learner from everyone you meet

The Importance of Listening: Be a learner from everyone you meet

by radiotv10
30/03/2026
0

We live in a world where everyone wants to speak, to be seen, to be heard. It almost feels like...

IZIHERUKA

Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe
AMAHANGA

AFC/M23 yatangaje amazina n’umubare w’abahitanywe n’ibindi bitero byakoranywe ubugome ndengakamere

by radiotv10
30/03/2026
0

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

30/03/2026
Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

30/03/2026
Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

30/03/2026
Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

30/03/2026
Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

30/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yatangaje amazina n’umubare w’abahitanywe n’ibindi bitero byakoranywe ubugome ndengakamere

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.