Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko umubare w’abakora akazi katemewe k’uburaya muri uyu Mujyi umaze kugera ku bihumbi icyenda (9 000) barimo ibihumbi bine (4 000) bo mu Karere ka Nyarugenge, buvuga ko gukemura iki kibazo bigomba guhera ku gushaka umuti w’ibibazo biri mu miryango.
Byatangajwe n’Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Urujeni Martine kuri iki Cyumwer tarik 29 Werurwe m Nteko Rusange y’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyarugenge.
Ubwo yaragagazaga ibibazo bicyugarije umuryango, Urujeni yagarutse ku kibazo cy’uburaya, avuga ko umubare w’ababukora ukomeje kwiyongera byumwihariko muri aka Karere ka Nyarugenge.
Yagize ati “Mu Turere dutatu tw’Umujyi wa Kigali abakora uburaya twasanze barenga ibihumbi icyenda (9000) kandi abarenga ibihumbi bine (4000) ni abo mu Karere ka Nyarugenge.”
Yakomeje avuga ko iki kibazo gishingiye ku burere butangirwa mu miryango bugenda bugabanuka, uko ibihe bigenda biha ibindi.
Ati “Ni ibintu usanga bishingiye ku burere kuko umubyeyi ntashobora gutanga icyo adafite aba agomba kuba na we yararezwe. Iyo miryango dufite rero na yo itararezwe dukwiye kuyegera kugira ibanze ihindure imyumvire.”
Imibare y’Urwego rushinzwe kugenzura ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye rw’abagore n’abagabo (GMO), igaragaza ko muri 2022 abakoraga uburaya bari bazwi mu Mujyi wa Kigali babarirwaga mu bihumbi birindwi (7 000).
Urujeni Martine ubwo yagarukaga ku izamuka ry’iyi mibare y’abakora uburaya mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko iriya mibare yamenyekanye ubwo hakorwaga ibarura ryabo, kugira ngo bafashwe banave muri ako kazi.
Ati “Tugira gahunda yo kubafasha kubona ibindi bakora ndetse hari n’abatangiye kubireka twizeye ko bazagira uruhare no mu kwigisha bagenzi babo ibyiza byo kutaguma muri uwo mwuga.”
Leta y’u Rwanda yagiye ishyiraho gahunda yo gufasha abantu bakora aka kazi k’uburaya, zirimo kubashingira amasoko, no kubaha igishoro, kugira ngo bareke uyu mwuga ubatesha agaciro unabamo ingaruka znyuranye zirim kurwara indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nka Virusi itera SIDA.
RADIOTV10









