Monday, March 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

radiotv10by radiotv10
30/03/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikibazo cy’ibishyimbo byaranduwe mu Mujyi wa Kigali cyagatsweho na Komiseri muri FPR-Inkotanyi akagaya Abayobozi babikoze, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwari bwavuze ko iriya myaka yari yahinzwe mu nkengero za kaburimbo, bityo ko yagombaga gukurwaho, aho yari iri hagashyirwa ubusitani.

Mu Nteko Rusange y’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyarugenge, Komiseri muri uyu Muryango, Charles Habonimana yari yagarutse ku byemezo bya bamwe mu bayobozi bifatwa hatabanje gukorwa isesengura no kubiganiraho hagati y’abayobozi.

Yagize ati “Nibatubwira ngo ibitaka ntabwo bigomba kwinjira muri kaburimbo, ntabwo ari ukugenda ngo duhite tuvuga ngo ‘wahinze ibishyimbo bimaze kuba uruyange’ ngo turabiranduye.

Iyo ntabire nuyiranduramo ibyongibyo, ejo mu gitondo iraba ibaye ibyondo. Ibishyimbo byatewe mu kwa 12 cyangwa mu kwa mbere ni ukuvuga ngo mu mpera z’ukwezi kwa gatatu cyangwa mu kwa kane, bizasarurwa. Byaba ari ibitonore cyangwa se bizarindira byume.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali.”

Iki kibazo cyari giherutse kugaragazwa n’umunyamakuru Eric Bagiruwubusa, mu butumwa yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga tariki 25 Werurwe 2026, aho yari yagize ati “Ibi birasa n’ibyo Perezida Paul Kagame ajya avuga byo kudashyira mu gaciro! Mu mujyi wa Kigali bari kurandura ibishyimbo byari bigiye kwera hatitawe ku bashonje. Umujyi wa Kigali n’Akarere ka Nyarugenge ngo hagenewe ubusitani!”

Aharanduwe ibishyimbo hahise haterwa indabo

Uko ubuyobozi bwari bwabisobanuye

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine, mu gisubizo yari yahaye uyu munyamakuru, yari yavuze ko yasobanuye nabi kiriya kibazo.

Yari yagize ati “Nk’uko ubibona aha ngaha ni mu nkengero z’umuhanda wa kaburimbo. Mu mabwiriza agenga imyubakire n’isuku, guhinga ubutaka bw’iruhande rw’umuhanda ntibyemewe.”

Yari yakomeje agira ati “Ku bufatanye n’abaturage, aha ngaha n’ahahegereye hose harimo gukorwa ubusitani kuko ari bwo bufata itaka bukaririnda inkangu zangiza imihanda mu gihe cy’imvura nyinshi, kandi bigafata rya taka rigaragara buri gihe harimo guhingwa, kuko bituma inzira z’amazi zisibama.”

Emma Claudine yari yavuze ko icyemezo cyo gutera ubusitani muri iki gihe cy’imvura, byari bigamije kugira ngo indabo zizafate vuba.

Yari yakomeje agira ati “Ariko ikindi ni uko uyu muturage wateye ibi bishyimbo, Ubuyobozi bw’Umurenge bwari bwaramwihanangirije inshuro nyinshi bumumenyesha ko hatazongera guhingwa, ahubwo hazaterwa ubusitani, ariko agahora abirengaho.”

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, yanavuze kandi ko umuturage wari wahinze iriya myaka yaranduwe, asanzwe afite indi mirimo akora imutunze itari ubuhinzi.

Yanaboneyeho kwibutsa abandi baturage bafite ubutaka butubatseho bwegereye imihanda yatunganyijwe, kuhatera ubusitani hagamijwe gukomeze kubungabunga isuku n’imihanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 19 =

Previous Post

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

Next Post

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

Related Posts

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

by radiotv10
30/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva yageze i Bangui muri Repubulika ya Centrafrique ahagiye kubera irahira rya Faustin-Archange Touadéra wongeye gutorerwa...

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

by radiotv10
30/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko umubare w’abakora akazi katemewe k’uburaya muri uyu Mujyi umaze kugera ku bihumbi icyenda (9...

Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

by radiotv10
30/03/2026
0

The Prime Minister, Dr. Justin Nsengiyumva, has arrived in Bangui in the Central African Republic, where he will attend the...

Nyamagabe: Haravugwa umusaruro wagezweho nyuma y’ubushakashatsi bwagaragaje ko hari benshi bakoresha amazi mabi

Nyamagabe: Haravugwa umusaruro wagezweho nyuma y’ubushakashatsi bwagaragaje ko hari benshi bakoresha amazi mabi

by radiotv10
30/03/2026
0

Nyuma yuko ubushakashatsi ku mibereho y’ingo bugaragaje ko 18.4% by’abatuye Akarere ka Nyamagabe bagikoresha amazi mabi, hamaze kubakwa imiyoboro y’amazi...

The Importance of Listening: Be a learner from everyone you meet

The Importance of Listening: Be a learner from everyone you meet

by radiotv10
30/03/2026
0

We live in a world where everyone wants to speak, to be seen, to be heard. It almost feels like...

IZIHERUKA

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique
MU RWANDA

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

by radiotv10
30/03/2026
0

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

30/03/2026
Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

30/03/2026
Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

30/03/2026
Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

30/03/2026
Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

30/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.