Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

radiotv10by radiotv10
30/03/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikibazo cy’ibishyimbo byaranduwe mu Mujyi wa Kigali cyagatsweho na Komiseri muri FPR-Inkotanyi akagaya Abayobozi babikoze, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwari bwavuze ko iriya myaka yari yahinzwe mu nkengero za kaburimbo, bityo ko yagombaga gukurwaho, aho yari iri hagashyirwa ubusitani.

Mu Nteko Rusange y’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyarugenge, Komiseri muri uyu Muryango, Charles Habonimana yari yagarutse ku byemezo bya bamwe mu bayobozi bifatwa hatabanje gukorwa isesengura no kubiganiraho hagati y’abayobozi.

Yagize ati “Nibatubwira ngo ibitaka ntabwo bigomba kwinjira muri kaburimbo, ntabwo ari ukugenda ngo duhite tuvuga ngo ‘wahinze ibishyimbo bimaze kuba uruyange’ ngo turabiranduye.

Iyo ntabire nuyiranduramo ibyongibyo, ejo mu gitondo iraba ibaye ibyondo. Ibishyimbo byatewe mu kwa 12 cyangwa mu kwa mbere ni ukuvuga ngo mu mpera z’ukwezi kwa gatatu cyangwa mu kwa kane, bizasarurwa. Byaba ari ibitonore cyangwa se bizarindira byume.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali.”

Iki kibazo cyari giherutse kugaragazwa n’umunyamakuru Eric Bagiruwubusa, mu butumwa yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga tariki 25 Werurwe 2026, aho yari yagize ati “Ibi birasa n’ibyo Perezida Paul Kagame ajya avuga byo kudashyira mu gaciro! Mu mujyi wa Kigali bari kurandura ibishyimbo byari bigiye kwera hatitawe ku bashonje. Umujyi wa Kigali n’Akarere ka Nyarugenge ngo hagenewe ubusitani!”

Aharanduwe ibishyimbo hahise haterwa indabo

Uko ubuyobozi bwari bwabisobanuye

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine, mu gisubizo yari yahaye uyu munyamakuru, yari yavuze ko yasobanuye nabi kiriya kibazo.

Yari yagize ati “Nk’uko ubibona aha ngaha ni mu nkengero z’umuhanda wa kaburimbo. Mu mabwiriza agenga imyubakire n’isuku, guhinga ubutaka bw’iruhande rw’umuhanda ntibyemewe.”

Yari yakomeje agira ati “Ku bufatanye n’abaturage, aha ngaha n’ahahegereye hose harimo gukorwa ubusitani kuko ari bwo bufata itaka bukaririnda inkangu zangiza imihanda mu gihe cy’imvura nyinshi, kandi bigafata rya taka rigaragara buri gihe harimo guhingwa, kuko bituma inzira z’amazi zisibama.”

Emma Claudine yari yavuze ko icyemezo cyo gutera ubusitani muri iki gihe cy’imvura, byari bigamije kugira ngo indabo zizafate vuba.

Yari yakomeje agira ati “Ariko ikindi ni uko uyu muturage wateye ibi bishyimbo, Ubuyobozi bw’Umurenge bwari bwaramwihanangirije inshuro nyinshi bumumenyesha ko hatazongera guhingwa, ahubwo hazaterwa ubusitani, ariko agahora abirengaho.”

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, yanavuze kandi ko umuturage wari wahinze iriya myaka yaranduwe, asanzwe afite indi mirimo akora imutunze itari ubuhinzi.

Yanaboneyeho kwibutsa abandi baturage bafite ubutaka butubatseho bwegereye imihanda yatunganyijwe, kuhatera ubusitani hagamijwe gukomeze kubungabunga isuku n’imihanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 13 =

Previous Post

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

Next Post

AFC/M23 yatangaje amazina n’umubare w’abahitanywe n’ibindi bitero byakoranywe ubugome ndengakamere

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge
AMAHANGA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

AFC/M23 yatangaje amazina n’umubare w’abahitanywe n’ibindi bitero byakoranywe ubugome ndengakamere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.