Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Lieutenant General Nduru Jacques Ychaligonza yatangaje ko iki Gisirikare kigiye gutangia ibikorwa byo kwambura intwaro umutwe wa FDLR, ndetse ko hashyizweho ikigo kizakira abarwanyi bawo bakazashyikirizwa u Rwanda.
Kwambura intwaro uyu mutwe wa FDLR, ni kimwe mu byitezweho gutanga umusaruro mu masezerano y’amahoro y’i Washington.
Lieutenant General Nduru Jacques Ychaligonza atangaje ibi byo kwambura intwaro FDLR, nyuma y’ibyumweru bibiri intumwa z’u Rwanda n’iza DRC zongeye guhurira mu biganiro i Washington.
Gusenya no kwambura intwaro umutwe wa FDLR, ni kimwe mu by’ingenzi byakunze gusabwa na Guverinoma y’u Rwanda, ariko ubutegetsi bwa DRC bugakomeza kubigendamo biguru ntege, ahubwo bukorana n’uyu mutwe.
Lieutenant General Nduru Jacques Ychaligonza, usanzwe ari Umugaba Mukuru Wungirije wa FARDC, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri iki Cyumweru tariki 29 Werurwe 2026 ko yoherejwe mu majyaruguru ashyira uburasirazu a bwa Kisangani gutangiza imyiteguro y’ibikorwa bigamije kurandura umutwe wa FDLR.
Ychaligonza yavuze ko abarwanyi ba FDLR “Bagomba gutanga intwaro zabo, ku bushake cyangwa ku mbaraga.” Kuko ari cyo bifuza ko kiba icyiciro cya mbere. Ati “Ntabwo dushaka ko hameneka amaraso.”
Yatangaje ko hari ikigo cyashyizweho cyazifashishwa mu kwakira intwaro zizatangwa ku bushake n’abarwanyi ba FDLR ndetse na bo ubwabo igihe bakwemera kwishyikiriza igisirikare, kandi ko bazashyikirizwa u Rwanda.
Uyu muyobozi mu gisirikare cya Congo Kinshasa yatangaje ibi, mu gihe Umuvugizi wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa DRC, kuri uyu wa Mbere yatangaje ko ibitero bikomeje kugabwa n’uruhande bahanganye, biri kuyoborwa n’abarwanyi ba FDLR ndetse ko ari bo baza imbere.
Amasezerano y’Amahoro yashyizweho umukono na Guverinoma y’u Rwanda na DRC, asaba iki Gihugu gusenya burundu umutwe wa FDLR, ndetse ko ari na byo bizatanga inzira yo kuba u Rwanda na rwo rwakuraho ingamba z’ubwirinzi rwashyizeho, kuko ari bwo ruzaba rwizeye ko impungenge zarwo zitagihari.
RADIOTV10








