Nzayisenga Modeste uzwi nk’Umupfumu Rutangarwamaboko, yavuze ko umuyobozi waranduye ibishyimbo by’umuturage, yakoze ibitari iby’i Rwanda, ariko ko mbere yo kubikora yari kubanza gutekereza ahava ibyo arya, akanazirikana ko bavuga ngo “urugo rutagira ibishyimbo ruba rukennye.” kandi ko uwabikoze “atazisazira.”
Ni nyuma yuko Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Charles Habonimana na we anenze kiriya cyemezo, aho yavuze ko uwafashe kiriya cyemezo atabanje kukiganiraho n’abandi bayobozi, no kureba ingaruka kizateza.
Uyu mugabo ugaragaza ko akomeye ku ndangagaciro z’abakurambere n’umuco nyarwanda, avuga ko kiriya cyemezo cyo kurandura imyaka y’abaturage, yari igeze cyo kwitega umusaruro, ari nka kirazira. Ati “Biriya bintu birakocamye, si iby’i Rwanda, biratanga isura mbi ku Gihugu.”
Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine; ubwo yasobanuraga impamvu ibyo bishyimbo by’umuturage wo mu Karere ka Nyarugenge byaranduwe, yavuze ko ari uko byari bihinze mu mbago za kaburimbo, ahagenewe guterwa ubusitani.
Umupfumu Rutangarwamaboko avuga ko ibi bisobanuro na byo ubwabyo bitari bikwiye. Ati “Reka tubyemere ntabwo byemewe hafi y’umuhanda [ariko se] abo bantu bahinze utarora? Hanyuma wakoze ikosa rimwe ryo kugira ngo ibitemewe bikorwe noneho umusaruro byajyaga gutera ngo ugire icyo umara, wowe urabyishe kurushaho. Uteye abaturage agahinda, urimo no kwangisha ubuyobozi abaturage.”

Rutangarwamaboko yavuze ko kandi abayobozi bafashe kiriya cyemezo bitwaje inama z’Umukuru w’Igihugu, bazumvise nabi. Ati “Ibintu Umukuru w’Igihugu yavuze, harimo kurandura imyaka? We ntarya se? no mu bintu Umukuru w’Igihugu asabira Igihugu ku Muganura, ni ukugisabira uburumbuke, none tugize amahirwe ibishyimbo bibaye uruyange ushyizeho abakozi uhemba ngo bajye kurandura ibyajyaga kuzera, ubahemba ibyo utatanze.”
Rutangarwamaboko avuga ko n’abaturage ubwabo bavuga ko ubuyobozi bwababwiye ko aho kugira ngo ibisambu bikomeze gupfa ubusa, ntacyo bitwaye kuba babihingamo imyaka, none iyo bahinzemo burahindukiye burayiranduye.
Ati “None se ibishyimbo byerera amezi angahe, ubu turi mu kwezi kwa Werurwe [Werure urwe] ejobundi ni ukwa kane muri Mata, mu mezi abiri atatu, atatu ntageraho, ibishyimbo biba bimaze kwera, ukabirya ari ibitonore, ukabirya ari imiteja, ukabirya ari umushogoro, ukabirya byumye ukagereka.”
Rutangarwamaboko avuga kandi ko uretse n’ibyo, ibishyimbo ari imyaka ifite igisobanuro gikomeye mu mateka y’u Rwanda, kuko “urugo rudafite ibishyimbo ruba rukennye.”
Akomeza anenga uwafashe kiriya cyemezo cyo kurandura iri myaka, avuga ko biri no mu gutatira indangagaciro n’umuco nyarwanda.
Ati “Nta Munyarwanda Bunyarwanda wafata ibyo byemezo. Umunyarwanda Bunyarwanda yajya kurandura ibishyimbo, agapfa adakize. Ese ubundi abo bantu ubwo bazisazira?”


RADIOTV10










