Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

radiotv10by radiotv10
31/03/2026
in MU RWANDA
0
Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Nzayisenga Modeste uzwi nk’Umupfumu Rutangarwamaboko, yavuze ko umuyobozi waranduye ibishyimbo by’umuturage, yakoze ibitari iby’i Rwanda, ariko ko mbere yo kubikora yari kubanza gutekereza ahava ibyo arya, akanazirikana ko bavuga ngo “urugo rutagira ibishyimbo ruba rukennye.” kandi ko uwabikoze “atazisazira.”

Ni nyuma yuko Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Charles Habonimana na we anenze kiriya cyemezo, aho yavuze ko uwafashe kiriya cyemezo atabanje kukiganiraho n’abandi bayobozi, no kureba ingaruka kizateza.

Uyu mugabo ugaragaza ko akomeye ku ndangagaciro z’abakurambere n’umuco nyarwanda, avuga ko kiriya cyemezo cyo kurandura imyaka y’abaturage, yari igeze cyo kwitega umusaruro, ari nka kirazira. Ati “Biriya bintu birakocamye, si iby’i Rwanda, biratanga isura mbi ku Gihugu.”

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine; ubwo yasobanuraga impamvu ibyo bishyimbo by’umuturage wo mu Karere ka Nyarugenge byaranduwe, yavuze ko ari uko byari bihinze mu mbago za kaburimbo, ahagenewe guterwa ubusitani.

Umupfumu Rutangarwamaboko avuga ko ibi bisobanuro na byo ubwabyo bitari bikwiye. Ati “Reka tubyemere ntabwo byemewe hafi y’umuhanda [ariko se] abo bantu bahinze utarora? Hanyuma wakoze ikosa rimwe ryo kugira ngo ibitemewe bikorwe noneho umusaruro byajyaga gutera ngo ugire icyo umara, wowe urabyishe kurushaho. Uteye abaturage agahinda, urimo no kwangisha ubuyobozi abaturage.”

Rutangarwamaboko yavuze ko kandi abayobozi bafashe kiriya cyemezo bitwaje inama z’Umukuru w’Igihugu, bazumvise nabi. Ati “Ibintu Umukuru w’Igihugu yavuze, harimo kurandura imyaka? We ntarya se? no mu bintu Umukuru w’Igihugu asabira Igihugu ku Muganura, ni ukugisabira uburumbuke, none tugize amahirwe ibishyimbo bibaye uruyange ushyizeho abakozi uhemba ngo bajye kurandura ibyajyaga kuzera, ubahemba ibyo utatanze.”

Rutangarwamaboko avuga ko n’abaturage ubwabo bavuga ko ubuyobozi bwababwiye ko aho kugira ngo ibisambu bikomeze gupfa ubusa, ntacyo bitwaye kuba babihingamo imyaka, none iyo bahinzemo burahindukiye burayiranduye.

Ati “None se ibishyimbo byerera amezi angahe, ubu turi mu kwezi kwa Werurwe [Werure urwe] ejobundi ni ukwa kane muri Mata, mu mezi abiri atatu, atatu ntageraho, ibishyimbo biba bimaze kwera, ukabirya ari ibitonore, ukabirya ari imiteja, ukabirya ari umushogoro, ukabirya byumye ukagereka.”

Rutangarwamaboko avuga kandi ko uretse n’ibyo, ibishyimbo ari imyaka ifite igisobanuro gikomeye mu mateka y’u Rwanda, kuko “urugo rudafite ibishyimbo ruba rukennye.”

Akomeza anenga uwafashe kiriya cyemezo cyo kurandura iri myaka, avuga ko biri no mu gutatira indangagaciro n’umuco nyarwanda.

Ati “Nta Munyarwanda Bunyarwanda wafata ibyo byemezo. Umunyarwanda Bunyarwanda yajya kurandura ibishyimbo, agapfa adakize. Ese ubundi abo bantu ubwo bazisazira?”

Iyi myaka yaranduwe n’abaturage bari bahawe akazi n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali
Rutangarwamaboko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 5 =

Previous Post

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

Next Post

Gen.Muhoozi yatanze itegeko ryo kurekura umwe mu Bajenerali babiri baherutse gutabwa muri yombi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi yatanze itegeko ryo kurekura umwe mu Bajenerali babiri baherutse gutabwa muri yombi

Gen.Muhoozi yatanze itegeko ryo kurekura umwe mu Bajenerali babiri baherutse gutabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.