Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe na FARDC, FDLR ndetse n’ingabo z’u Burundi, rwaguye imirwano mu bice binyuranye rukoresheje intwaro ziremereye.
Byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Werurwe 2026.
Muri ubu butumwa bugaragaza uko byaramutse kuri uyu wa Kabiri, Kanyuka yavuze ko “guhera mu masaha ya mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Werurwe 2026, ihuroro ry’Ubutegetsi bwa Kinshasa, rugizwe na na FARDC, FDLR, inyeshyamba za Wazalendo, abacancuro ndetse n’ingabo z’u Burundi, batangije ibitero byagutse kandi byateguwe mu bice byose by’urugamba.”
Kanyuka yavuze ko ibi bitero byagabwe mu bice bituwemo n’abaturage benshi, aho uruhande ruhanganye na AFC/M23 rwakoresheje intwaro ziremereye ndetse n’indege zitagira abapilote z’intambara.
Umuvugizi wa AFC/M23 yavuze ko nko “muri Minembwe hagabwe ibitero mu bice bya Rugezi, Kalingi, Gakenke na Bidegu. Kugeza aka kanya ibitero birakomeje ntaguhagarika, bikomeje gushyira mu kaga mu buryo bukomeye abaturage b’abasivile.”
Naho muri Kalehe, uruhande rwa FARDC n’abo bafatanyije, bagabye ibitero mu gace ka Lubimbishi no mu bice bigakikije. Mu gace ka Lubero, ibitero byagabwe mu duce twa Kabesebese na Mutondi.
Kanyuka yagize ati “Kubera ibi bitero bikomeye, AFC/M23 yamaganye yivuye inyuma icyemezo cy’ubutegetsi bwa Kinshasa cyo kurenga ku nzira y’amahoro, bugahitamo inzira y’intambara.”
Yavuze ko aya mahitamo y’ubutegetsi bwa Kinshasa ashyira mu kaga ubushake bwari buhari bwo kubona umuti w’amakimbirane binyuze mu nzira z’amahoro zariho zikorwa.
RADIOTV10








