Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yatangaje ko intego y’iki Gihugu mu ntambara ya Iran, bayigeze ku gipimo kirenga kimwe cya kabiri, gusa akavuga ko bigoye kumenya igihe izarangirira.
Avuga ku kigera bamaze kugera ku ntego yabo y’iyi ntambara, Netanyahu ubwo yaganiraga n’igitangazamakuru cy’Abanyamerika cyaNewsmax, yagize ati “Nta gushidikanya ko birenga kimwe cya kabiri. Ariko sinshaka gushyiraho ingengabihe yabyo.”
Yavuze ko kuvuga ko bageze kuri kimwe cya kabiri cy’iyi ntambara, atashakaga kuvuga ko ari ku bijyanye n’igihe izamara, ahubwo ko ari ku ntego.
Yavuze ko zimwe mu ntego bagezeho muri iyi ntambara, ari ukwica ibihumbi n’ibihumbi bya bamwe mu basirikare b’Igisirikare cya Iran ‘Iran’s Revolutionary Guards’.
Nanone kandi yavuze ko ku bufatanye bwa Israel na Leta Zunze Ubumwe za America, “bari gusatira gusenya urwego rwo gucura intwaro rwa Iran.”
Yagize ati “Urebye uruganda rwose ruri kurangizwa. Ingomero hafi ya zose, ndetse na gahunda y’ibitwaro bya kirimbuzi.”
Netanyahu kandi yumvikanye avuga ko n’ubutegetsi bwose bwa kisilamu bwa Iran, buri kugana ku musozo.
Yagize ati “Ndatekereza ko ubu butegetsi buzasenyuka imbere mu Gihugu. Ariko muri iki gihe, icyo dukora ni ugusenya ubushobozi bwabwo bwa za misile, gusenya ubushobozi bwabo bw’ingufu za kirimbuzi ndetse no kubaca intege imbere.”
RADIOTV10








