Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica bikayihesha itike yo kuzitabira Igikombe cy’Isi cya 2026.
Iki kiruhuko rusange cyatangajwe mu itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Umurimo n’Abakozi muri DRC, Ferdinand Massamba Wa Massamba.
Iri tangazo rigira riti “Nyuma y’intsinzi y’ikipe y’igihugu ya Leopards no kubona itike yo kwitabira Igikombe cy’Isi cya 2026, Minisitiri w’Umurimo n’Umurimo aramenyesha abaturage bose ko ku wa Gatatu, tariki 01 Mata 2026, ari ikiruhuko rusange mu Gihugu hose.”
Iri tangazo rikomeza rivuga ko “Iki cyemezo kidasanzwe kigaragaza ubushake” bwa Perezida Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo, na Minisitiri w’Intebe Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe Judith Suminwa Tuluka, mu guha uburenganzira Abanyekongo bose kwishimira no kwizihiza iyi ntsinzi.
Ikipe y’Igihugu ya DRC yabonye itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma yo gutsinda iya Jamaica igitego 1-0, mu mukino wabaye mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Werurwe 2026.
RADIOTV10











