Perezida Ibrahim Traoré wa Burkina Faso, wafashe ubutegetsi binyuze muri coup d’etat yabaye mu 2022, yasabye abaturage kwikuramo amahame ya demokarasi, avuga ko akomeje kwangiza ibihugu bya Afurika, kandi ko adatanga ibisubizo ku bibazo by’umutekano ibi Bihugu bifite.
Ibi arabivuga mu gihe Burkina Faso ikomeje guhangana n’ibibazo by’umutekano byamaze hafi imyaka icumi, biterwa n’ibikorwa by’imitwe y’iterabwoba, byahitanye ibihumbi by’abantu ndetse bigatuma miliyoni z’abaturage bava mu byabo. Leta iyobowe n’igisirikare ivuga ko iki kibazo gisaba ubuyobozi bukomeye kandi bukomatanyije kugira ngo kibonerwe umuti urambye.
Mu ngamba igisirikare kiyoboye Burkina Faso cyafashe, harimo gusesa komisiyo y’amatora, ndetse n’icyemezo cyo gukuraho burundu amashyaka ya politiki, yari asanzwe yarahagaritswe kuva igisirikare cyafata ubutegetsi. Byongeye kandi, ubutegetsi bwongereye igihe cy’inzibacyuho kigera ku imyaka itanu, mbere yo gusubiza ubutegetsi mu biganza by’abasivile, bituma amatora yari ateganyijwe kuba muri iki gihugu mu 2024 asubikwa.
Icyakora umuryango w’Abibumbye, wasabye abayobozi ba Burkina Faso kwisubiraho ku cyemezo cyo gukuraho amashyaka ya politiki, no kongera gutanga ubwisanzure ku baturage. Loni, ivuga ko gukuraho ubwisanzure bwa politiki bishobora kurushaho guhungabanya iki igihugu aho gutuma kigira Amahoro.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10











