Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Nyakayaga mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, na mugenzi we wo muri Paruwasi ya Kiziguro, batawe muri yombi bazira guturira igitambo cy’Ukarisitiya ahantu hatemewe, aho basanzwe bari gusomera misa mu rugo rw’Ababikira.
Aba Basaseridoti batawe muri yombi; ni Eric Uwayezu, usanzwe ari Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Nyakayaga, na mugenzi we Padiri Didier Nzaramba ukorera ubutumwa muri paruwasi ya Kiziguro.
Aba bapadiri bombi bakorera umurimo w’Imana muri Diyoseze ya Byumba, ariko muri Paruwasi zinyuranye, bafatiwe mu Murenge wa Kabarore.
Amakuru dukesha ikinyamakuru Kinyamateka gishingiye ku myemerere ya Kiliziya Gatulika mu wanda, kivuga ko aba Bihayimana, batawe muri yombi “Kuri uyu wa 5 Mata 2026, Umunsi mukuru wa Pasika.”
Iki kinyamakuru cyatangaje ko “batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bafungirwa kuri Station ya Polisi ya Kabarore bazira gusomera Misa muri Shapeli yo mu rugo rw’Ababikira, ahantu Umurenge wa Kabarore uvuga ko bitemewe kuhasomera Misa.”

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarore, Rugaravu Jean Claude, wavuze ko umwe muri aba Bapadiri yari yaturutse i Kiziguro akajya gusomesha misa i Kabarore.
Yagize “Kuri uyu munsi wa Pasika hari abasengesheje bakora misa ku Benebikira ba Kabarore, ni muri ‘couvent’ ariko ntabwo bari bemerewe kuhasengera kuko kiliziya yabo irafunze kubera kutuzuza ibisabwa. Ni cyo rero bafatiwe.’’
Uyu muyobozi kandi yaboneyeho kugira inama abaturage ko badakwiye gushukwa n’abakozi b’Imana, ngo babajyane gusengera ahantu hatemewe.
Ati “Ntawemerewe kugerageza gusengera ahatemewe kugeza igihe insengero zizafungurirwa. Abaturage nibirinde abashaka kubashuka ngo babajyane gusengera ahatemewe mu nsengero zifunze kandi icyatumye zifungwa kitaravaho.”
Igenzura ryakorewe ahantu hasengerwa, yaba za kiliziya, insengero ndetse n’imisigiti, ryasize hafunzwe, ahantu harenga 9 000 nyuma yuko bigaragaye ko hatujuje ibisabwa.
RADIOTV10








