Monday, April 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa Abapadiri babiri mu Rwanda batawe muri yombi kuri Pasika

radiotv10by radiotv10
06/04/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Haravugwa Abapadiri babiri mu Rwanda batawe muri yombi kuri Pasika

Icyitonderwa: Ifoto ntihuye n'abavugwa mu nkuru, Ni iyifashishijwe ikuwe kuri interineti

Share on FacebookShare on Twitter

Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Nyakayaga mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, na mugenzi we wo muri Paruwasi ya Kiziguro, batawe muri yombi bazira guturira igitambo cy’Ukarisitiya ahantu hatemewe, aho basanzwe bari gusomera misa mu rugo rw’Ababikira.

Aba Basaseridoti batawe muri yombi; ni Eric Uwayezu, usanzwe ari Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Nyakayaga, na mugenzi we Padiri Didier Nzaramba ukorera ubutumwa muri paruwasi ya Kiziguro.

Aba bapadiri bombi bakorera umurimo w’Imana muri Diyoseze ya Byumba, ariko muri Paruwasi zinyuranye, bafatiwe mu Murenge wa Kabarore.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Kinyamateka gishingiye ku myemerere ya Kiliziya Gatulika mu wanda, kivuga ko aba Bihayimana, batawe muri yombi “Kuri uyu wa 5 Mata 2026, Umunsi mukuru wa Pasika.”

Iki kinyamakuru cyatangaje ko “batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bafungirwa kuri Station ya Polisi ya Kabarore bazira gusomera Misa muri Shapeli yo mu rugo rw’Ababikira, ahantu Umurenge  wa Kabarore uvuga ko bitemewe kuhasomera Misa.”

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarore, Rugaravu Jean Claude, wavuze ko umwe muri aba Bapadiri yari yaturutse i Kiziguro akajya gusomesha misa i Kabarore.

Yagize “Kuri uyu munsi wa Pasika hari abasengesheje bakora misa ku Benebikira ba Kabarore, ni muri ‘couvent’ ariko ntabwo bari bemerewe kuhasengera kuko kiliziya yabo irafunze kubera kutuzuza ibisabwa. Ni cyo rero bafatiwe.’’

Uyu muyobozi kandi yaboneyeho kugira inama abaturage ko badakwiye gushukwa n’abakozi b’Imana, ngo babajyane gusengera ahantu hatemewe.

Ati “Ntawemerewe kugerageza gusengera ahatemewe kugeza igihe insengero zizafungurirwa. Abaturage nibirinde abashaka kubashuka ngo babajyane gusengera ahatemewe mu nsengero zifunze kandi icyatumye zifungwa kitaravaho.”

Igenzura ryakorewe ahantu hasengerwa, yaba za kiliziya, insengero ndetse n’imisigiti, ryasize hafunzwe, ahantu harenga 9 000 nyuma yuko bigaragaye ko hatujuje ibisabwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Related Posts

Security is an asset NOT to be taken for granted!

Security is an asset NOT to be taken for granted!

by radiotv10
05/04/2026
0

The current global geopolitical landscape and its implications for regional security. Since the end of the Second World War, EU...

Harimo aho umugenzi azajya yishyura 11.000 Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo mu Rwanda

Harimo aho umugenzi azajya yishyura 11.000 Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo mu Rwanda

by radiotv10
04/04/2026
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo ku bakoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, aho nk’icyerekezo Nyabugogo- Kamembe...

Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

Bwa mbere ibiciro bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byageze mu 2000Frw biranarenga

by radiotv10
04/04/2026
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli bibaye ibya mbere byo hejuru mu Rwanda, aho nka Lisansi yageze...

The Difference Between ‘Good’ and ‘Bad’ Procrastination

The Difference Between ‘Good’ and ‘Bad’ Procrastination

by radiotv10
04/04/2026
0

Procrastination has always been seen as the enemy of productivity. It’s often associated with laziness, missed deadlines, and unnecessary stress....

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

by radiotv10
03/04/2026
0

Perezida Paul Kagame yagize icyo avuga ku bavuga ko ingamba z'ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho ari ukohereza Ingabo zarwo muri DRC,...

IZIHERUKA

Haravugwa Abapadiri babiri mu Rwanda batawe muri yombi kuri Pasika
MU RWANDA

Haravugwa Abapadiri babiri mu Rwanda batawe muri yombi kuri Pasika

by radiotv10
06/04/2026
0

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

06/04/2026
Security is an asset NOT to be taken for granted!

Security is an asset NOT to be taken for granted!

05/04/2026
Harimo aho umugenzi azajya yishyura 11.000 Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo mu Rwanda

Harimo aho umugenzi azajya yishyura 11.000 Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo mu Rwanda

04/04/2026
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we bitabiriye Inzira y’Umusaraba

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we bitabiriye Inzira y’Umusaraba

04/04/2026
Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

Bwa mbere ibiciro bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byageze mu 2000Frw biranarenga

04/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa Abapadiri babiri mu Rwanda batawe muri yombi kuri Pasika

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Security is an asset NOT to be taken for granted!

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.