Monday, April 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Tshisekedi yasabye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo yabashyikiriza imodoka z’akataraboneka nk’ishimwe

radiotv10by radiotv10
06/04/2026
in AMAHANGA
0
Icyo Tshisekedi yasabye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo yabashyikiriza imodoka z’akataraboneka nk’ishimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Félix-Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashimiye abakinnyi b’Ikipe y’iki Gihugu iherutse kubona itike yo kuzakina Igikombe cy’Isi abaha imodoka n’inzu kuri buri mukinnyi, abasaba kuzakora ibirenze ibyo bakoze ubwo bazaba bakinjiyemo, kuko ababonamo impano n’ubushobozi byo kubikora.

Ni igikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 05 Mara 2026 ku cyicaro cy’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, aho Tshisekedi yashyikirije abakinnyi n’abatoza, imodoka zigezweho zo mu bwoko bw’ama Jeep.

Mu butumwa yabagejejeho, Tshisekezi yagize ati “Mufite impano n’Ubushobozi bwo kugera ku cyo mwashaka cyose. Muzongera mudutera ishema nk’Abanyekongo muzabe mu makipe meza muri Afurika azitabira Igikombe cy’Isi. Ibyo ni byo tubasabye.”

Muri iki gikorwa kandi, Perezida Tshisekedi yaboneyeho no kubaha ibihembo Igihugu cyabemereye, birimo ziriya modoka, ndetse n’inzu kuri buri mukinnyi.

Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isubiye mu Gikombe cy’Isi nyuma y’imyaka 52 itaherukagamo, dore ko yagiherukagamo mu mwaka w’ 1974.

Iyi kipe ya DRC izwi nka Léopards, yabonye itike yo kuzakina Igikombe cy’Isi, nyuma yo gutsinda igitego 1-0 iya Jamaica, mu mukino wabaye mu cyumweru gishize.

Tshisekedi na Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu
Yasabye abakinnyi kuzakora ibirenze ibyo bakoze

Bashyikirijwe imodoka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 11 =

Previous Post

Kigali Paramount Hotel Celebrates Four-Star Rating from RDB

Related Posts

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we bitabiriye Inzira y’Umusaraba

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we bitabiriye Inzira y’Umusaraba

by radiotv10
04/04/2026
0

Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye na Madamu we Angeline Ndayishimiye Ndayubaha basanzwe ari Abakristu Gatulika, bitabiriye Inzira y’Umusaraba yo kuzirikana...

Capt.Ibrahim Traoré yemeza ko Demokarasi yazaniwe Abanyafurika ari yo yangije byinshi

Capt.Ibrahim Traoré yemeza ko Demokarasi yazaniwe Abanyafurika ari yo yangije byinshi

by radiotv10
03/04/2026
0

Perezida Ibrahim Traoré wa Burkina Faso, wafashe ubutegetsi binyuze muri coup d’etat yabaye mu 2022, yasabye abaturage kwikuramo amahame ya demokarasi, avuga ko...

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

by radiotv10
02/04/2026
0

Perezida Emmanuel Macron yatangaje ko ntacyo yasubiza ku byatangajwe na mugenzi we Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America...

Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Qatar isanzwe ari umuhuza mu bya DRC na AFC/M23

Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Qatar isanzwe ari umuhuza mu bya DRC na AFC/M23

by radiotv10
02/04/2026
0

Perezida Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiriye uruzinduko mu Gihugu cya Qatar kiyoboye ibiganiro by’ubuhuza buhua...

Eng.-Tshisekedi and Ndayishimiye Accused of Atrocities Against Banyamulenge

Eng.-Tshisekedi and Ndayishimiye Accused of Atrocities Against Banyamulenge

by radiotv10
02/04/2026
0

Moïse Nyarugabo, a former senior official in the government of the Democratic Republic of Congo, has condemned drone attacks by...

IZIHERUKA

Icyo Tshisekedi yasabye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo yabashyikiriza imodoka z’akataraboneka nk’ishimwe
AMAHANGA

Icyo Tshisekedi yasabye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo yabashyikiriza imodoka z’akataraboneka nk’ishimwe

by radiotv10
06/04/2026
0

Kigali Paramount Hotel Celebrates Four-Star Rating from RDB

Kigali Paramount Hotel Celebrates Four-Star Rating from RDB

06/04/2026
Haravugwa Abapadiri babiri mu Rwanda batawe muri yombi kuri Pasika

Haravugwa Abapadiri babiri mu Rwanda batawe muri yombi kuri Pasika

06/04/2026
Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

06/04/2026
Bavuze icyo bifuza cyatuma basezerera guhinga mu buryo bwa gakondo

Bavuze icyo bifuza cyatuma basezerera guhinga mu buryo bwa gakondo

06/04/2026
How Parents Can Educate Children During the Commemoration Period of the 1994 Genocide Against the Tutsi

How Parents Can Educate Children During the Commemoration Period of the 1994 Genocide Against the Tutsi

06/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Tshisekedi yasabye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo yabashyikiriza imodoka z’akataraboneka nk’ishimwe

Kigali Paramount Hotel Celebrates Four-Star Rating from RDB

Haravugwa Abapadiri babiri mu Rwanda batawe muri yombi kuri Pasika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.