Perezida Félix-Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashimiye abakinnyi b’Ikipe y’iki Gihugu iherutse kubona itike yo kuzakina Igikombe cy’Isi abaha imodoka n’inzu kuri buri mukinnyi, abasaba kuzakora ibirenze ibyo bakoze ubwo bazaba bakinjiyemo, kuko ababonamo impano n’ubushobozi byo kubikora.
Ni igikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 05 Mara 2026 ku cyicaro cy’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, aho Tshisekedi yashyikirije abakinnyi n’abatoza, imodoka zigezweho zo mu bwoko bw’ama Jeep.
Mu butumwa yabagejejeho, Tshisekezi yagize ati “Mufite impano n’Ubushobozi bwo kugera ku cyo mwashaka cyose. Muzongera mudutera ishema nk’Abanyekongo muzabe mu makipe meza muri Afurika azitabira Igikombe cy’Isi. Ibyo ni byo tubasabye.”
Muri iki gikorwa kandi, Perezida Tshisekedi yaboneyeho no kubaha ibihembo Igihugu cyabemereye, birimo ziriya modoka, ndetse n’inzu kuri buri mukinnyi.
Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isubiye mu Gikombe cy’Isi nyuma y’imyaka 52 itaherukagamo, dore ko yagiherukagamo mu mwaka w’ 1974.
Iyi kipe ya DRC izwi nka Léopards, yabonye itike yo kuzakina Igikombe cy’Isi, nyuma yo gutsinda igitego 1-0 iya Jamaica, mu mukino wabaye mu cyumweru gishize.





RADIOTV10











