Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

radiotv10by radiotv10
08/04/2026
in MU RWANDA
0
Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu nzego za Leta, bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Burugumesitiri w’iyi komine, Bwana Benoît Cerexhe, na we yitabiriye uyu muhango, kimwe n’abadepite babiri cyangwa batatu bo mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagiranye ikiganiro na Perezida wa Ibuka mu Bubiligi, Bwana Eugène Mutabazi, amubaza uko umuhango wo gutangiza icyunamo wagenze muri iki gihugu gifitanye umubano utifashe neza n’u Rwanda.

Mutabazi Eugène ati “Igikorwa cya mbere cyabereye muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, aho hari urwibutso rukomeye. Twatangiye saa tanu za mu gitondo, turangiza saa saba. Hari abatumirwa barimo abadepite babiri cyangwa batatu baturutse mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ndetse n’Abanyarwanda bagera kuri 500.”

Yakomeje agira ati “Aho muri iyo komine dufite urwibutso rukomeye twahawe na Woluwe-Saint-Pierre. Ni ho twagiye mu gitondo, dutangira saa tanu turangiza saa saba. Hatanzwe ubutumwa butandukanye, dushyira indabo ku rwibutso rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”

Umunyamakuru yabajije niba hari abayobozi b’u Bubiligi bitabiriye uwo muhango, kugira ngo hamenyekane agaciro baha iki gikorwa.

Mutabazi Eugène asubiza ati “Usibye Burugumesitiri wa Woluwe-Saint-Pierre wari uhari hamwe n’umwungirije n’abakozi b’iyo komine badufashije cyane, mu bayobozi bo mu zindi nzego nta bari bahari, kandi twari twabatumiye bose.”

Umunyamakuru yongeye kubaza uko ibikorwa byo kwibuka bifatwa mu Bubiligi, cyane ko mu mwaka ushize hari imijyi nka Liège na Bruges yavuze ko itazabyitabira.

Mutabazi Eugène ati “Urebye biracyari nk’uko byari bimeze; nta mpinduka igaragara. Gusa umujyi wa Liège birashoboka ko tuzajyayo mu cyumweru gitaha, nubwo impushya zitaraboneka neza. Ariko ntiturabyizeza, bisa n’iby’umwaka ushize.”

Ku kibazo cy’imijyi igifite imbogamizi mu kwakira ibikorwa byo kwibuka, yavuze ati “Hari aho byemerwa ku munota wa nyuma, nka Charleroi, kandi ntituramenya neza niba Liège izemera. Biracyagoranye.”

Umunyamakuru yabajije niba u Bubiligi bukibangamira ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mutabazi Eugène ati “Yego, biracyahari cyane.”

Ku cyaba gitera ibi bibazo, yaba politiki iriho cyangwa Abanyarwanda bafite ingengabitekerezo ya Jenoside, yasubije ati “Ibyo byose birimo, ariko ahanini biterwa n’umubano utameze neza hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi, kuko bacanye umubano. Hari impamvu bavuga n’izindi batavuga.”

Umunyamakuru yamubajije uko bateguye ibikorwa byo kwibuka mu minsi ijana.

Mutabazi Eugène ati “Mu kanya turakora urugendo rwo kwibuka, ruva kuri Palais Royal rugana kuri Palais de Justice. Mu cyumweru gitaha tuzajya mu yindi mijyi nka Liège, Bruges, Louvain na Luxembourg, ndetse n’ahandi. Buri cyumweru kugeza mu kwa karindwi tuzajya twibuka, kandi abantu baritabira.”

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − thirteen =

Previous Post

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Related Posts

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

Ubutumwa bw’u Bubiligi bwo kwifatanya n’u Rwanda mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutumwa bw’u Bubiligi bwo kwifatanya n’u Rwanda mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
07/04/2026
0

Guverinoma y’u Bubiligi iratangaza ko ku munsi wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ari n’umunsi wo kunamira no guha icyubahiro abayizize,...

Jenoside yashoboraga gukumirwa- António Guterres yanenze amahanga yetereranye Abatutsi bakicwa arebera

Tugomba kwigira ku makosa y’ahahise- António Guterres

by radiotv10
07/04/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yatangaje ko mu gihe Isi yose yifatanyije ku munsi wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi...

Kwibuka32: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994…Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa

Kwibuka32: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994…Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa

by radiotv10
07/04/2026
0

Imyaka 32 irashize habaye Jenoside Yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni imwe. Ababaye muri aya mateka ashaririye babyibuka nk’ibyabaye ejo hashize...

The Past We Carry, The Future We Build

The Past We Carry, The Future We Build

by radiotv10
07/04/2026
0

Every year, as Rwanda enters the commemoration period of the 1994 Genocide against the Tutsi, the country pauses. This year...

IZIHERUKA

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
MU RWANDA

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

07/04/2026
Ubutumwa bw’u Bubiligi bwo kwifatanya n’u Rwanda mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutumwa bw’u Bubiligi bwo kwifatanya n’u Rwanda mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

07/04/2026
Jenoside yashoboraga gukumirwa- António Guterres yanenze amahanga yetereranye Abatutsi bakicwa arebera

Tugomba kwigira ku makosa y’ahahise- António Guterres

07/04/2026
Kwibuka32: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994…Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa

Kwibuka32: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994…Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa

07/04/2026
The Past We Carry, The Future We Build

The Past We Carry, The Future We Build

07/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Ubutumwa bw’u Bubiligi bwo kwifatanya n’u Rwanda mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.