Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko icyangombwa cyo kuvugurura inzu yasanwaga yanabaye intandaro yo gufungwa kwe, ntaho gihuriye n’uyu munyamakuru, ahubwo ko yakoreshejwe.
DC Clement yatawe muri yombi tariki 31 Werurwe 2026 nyuma yo gushyamirana n’inzego ubwo hasenywaga inzu yariho yubakwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo.
Bimwe mu byaha biregwa uyu munyamakuru bishingiye ku bikorwa yakoze ubwo yabangamiraga inzego zariho zikora iki gikorwa, nk’icyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi ku bw’inabi, aho bivugwa ko yangije imodoka y’isuku n’Umutekano y’Umurenge.
Uregwa kandi yari yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko yasenyewe inzu yariho yubakwa nyaramara yari afite ibyangombwa byo kubaka.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko iperereza ry’ibanze ryerekanye ko icyangombwa cyo kuvugurura iriya nzu, ntaho cyari gihuriye n’uyu munyamakuru, ahubwo ko yakoreshejwe kugira ngo ateze akavuyo.
Ati “Ubundi iyo umuntu yicaye yibaza icyo yashyaga yarura, kuko ntaho ahuriye na ny’iri nzu. Hari abandi nka we bajya bahuruzwa, bakaza bihishe mu mutaka w’umwuga bakora, bakagerageza gutera igitutu abari mu kazi.”
Dr Murangira agira inama abanyamakuru bemera kugirwa ibikoresho n’abantu kuko baba babonamo imbaraga, cyangwa ngo babangamire inzego.
Ati “Ni umuco utari mwiza kuko nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko. DC Clement akwiye kubera abandi urugero, abantu bakirinda kujya babangamirana mu kazi kabo.”
Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo DC Clement yatunganyijwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ndetse kuri uyu wa 08 Mata 2026 yashyikirijwe Ubushinjacyaha, nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry.
Dr Murangira yagize ati “Ku ikubitiro yarezwe ibyaha bitanu mu gihe hari ibindi birimo n’icya ruswa bigikorwaho iperereza.”
Uyu munyamakuru DC Clement, aregwa icyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi ku bw’inabi, icyo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.
Dosiye y’ikirego aregwamo kandi, igaragaza ko aregwa icyaha cyo kurwanya ububasha bw’amategeko, icyo gukoza isoni abayobozi b’Igihugu n’abashinzwe imirimo rusange, ndetse n’icyaha cyo gukubita cyangwa kugirira urugomo abayobozi mu nzego za Leta.
RADIOTV10










