Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu Karere ka Huye bavuga ko bishimira kuba barubakiwe inzu zo kubamo nyuma ya Jenoside, ariko bagasaba ko zasanwa kuko zimaze gusaza.
Mu Murenge wa Tumba, Akagari ka Cyarwa, Umudugudu wa Mukoni, ni hamwe mu hagaragara iki kibazo. Abarokotse Jenoside bahatuye bavuga ko nubwo bubakiwe inzu zabafashije kongera kubaho, ubu zimaze gusaza cyane.
Habinshuti Emmanuel, umwe mu barokotse Jenoside, yagize ati “Turashima ko twubakiwe tukabona aho kuba, ariko ubu inzu zirashaje cyane. Zimwe zirimo gusenyuka gahoro gahoro, kandi nta bushobozi dufite bwo kuzisana.”
Ingabire Emmanuel na we ati “Inzu yanjye yarashaje cyane. Byaba byiza isaniwe, kuko yangiritse bikabije. Yubatswe kera cyane kandi nta bushobozi mfite bwo kwisanira.”
Undi muturage, Nyirahabimana Claudine, na we agaragaza ko ikibazo cyabo gikeneye kwitabwaho byihuse, ati “Dufite ibibazo byinshi byaturutse ku ngaruka za Jenoside, ubukene buracyari bwinshi. Turasaba ubuyobozi kudufasha izi nzu zigasanywa tukongera kubaho neza.”
Perezida wa Ibuka mu Karere ka Huye, Théodate Siboyintore, avuga ko iki kibazo kizwi kandi cyakorewe ubuvugizi, bityo kikazagenda gishakirwa igisubizo.
Ati “Hari inzu zubatswe mu gihe Jenoside yari irangiye, zimaze igihe kinini zirashaje. Turizeza abarokotse Jenoside ko dukomeje ubuvugizi, kandi twizeye ko zizasanwa uko ubushobozi bugenda buboneka.”
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye na bwo buvuga ko iki kibazo bukizi, kandi ko hari gahunda yo gukomeza gusana inzu z’abatishoboye hashingiwe ku bushobozi buhari.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko hibandwa cyane ku bakennye kurusha abandi.
Ati “Gusana amazu y’abaturage batishoboye ni ibikorwa bikorwa buri mwaka, kandi haherwa ku batishoboye kurusha abandi muri gahunda yo gufasha abaturage kwivana mu bukene. Uyu mwaka hari imiryango 16 y’abatishoboye barokotse Jenoside iri gufashwa kubakirwa amazu mashya mu karere (harimo n’ashaje cyane yasenywe akubakwa bushya), ndetse n’abandi bafite amazu asanwa mu mazu 138 ari gusanwa cyangwa kubakwa muri gahunda yo gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage. Abubakiwe amazu muri rusange tubasaba kuyafata neza kuko ari ayabo, no kugira uruhare mu kuyasana ibiri mu bushobozi bwabo.”
Iki kibazo si mu Murenge wa Tumba gusa kigaragara, kuko no mu yindi mirenge igize Akarere ka Huye hari inzu zubakiwe abarokotse Jenoside zigaragaza gusaza. Hirya no hino hakaba hari kubakwa izindi nshya zikoreshejwe ibikoresho birambye, mu rwego rwo gukemura iki kibazo burundu.



Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10









