• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

radiotv10by radiotv10
13/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku nshuro ya mbere ku Mugabane w’u Burayi mu Busuwisi, intumwa z’Ihuriro AFC/M23 n’iza Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ziratangira ibiganiro, ndetse impande zombi zikaba zamaze kugera i Genève.

Nubwo ibiganiro biteganyijwe gutangira muri iki cyumweru, kugeza ubu aho bizabera hakomeje kuba ibanga.

Iyi ni icyiciro cya cyenda cy’ibiganiro hagati y’impande zombi. Intumwa za AFC/M23 zavuye i Goma, ndetse no muri Leta Zunze Ubumwe za America n’ahandi.

Intumwa z’Ihuriro AFC/M23 ziyobowe na Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Mukuru wa AFC/M23. René Abandi aracyari intumwa nkuru muri ibi biganiro.

Intumwa za Guverinoma ya DRC ziyobowe na Sumbu Sita Mambu, Intumwa Nkuru y’Umukuru w’Igihugu cya Congo. Ikindi kintu cy’ingenzi ni ukuba intumwa za Qatar zititatira ibi biganiro imbonankubone, ahubwo zikazabyitabira hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Ni mu gihe intumwa zihagarariye Leta Zunze Ubumwe za America zo zizaba zihari, aho iki Gihugu cyo kitazaba ari indorerezi nk’uko byagenze i Doha, ahubwo kizaba ari nk’abahuza. MONUSCO izitabira nk’indorerezi. U Busuwisi bwakiriye ibi biganiro byo buzagira uruhare runini mu gutegura ibi biganiro.

Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, iravuga ko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za America ari yo iyoboye ibikorwa by’ibi biganiro. Ni na yo yari ishinzwe kohereza ubutumire no gutanga ubushobozi mu by’ingendo z’intumwa.

Intego y’ibi biganiro ni ukubyutsa ibiganiro hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe imirwano ikomeje mu burasirazuba bwa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 5 =

Previous Post

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

Next Post

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.