Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abantu bane barimo uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana, n’abandi bo mu nzego z’ibanze bo mu Turere twa Rulindo, Ngoma na Gakenke, bakekwabo ibirimo gukoresha ububasha bahabwa mu nyungu zabo bwite.
Ifungwa ry’aba bantu bane, ryatangajwe na RIB ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Gicurasi 2026 ko abo bantu bane bafunzwe.
Itangazo ry’uru rwego rivuga ko “RIB yafunze abantu bane aribo; Niyomungeri Richard, wahoze ari Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana, Kwisinga Jean Norbert, ushinzwe imiturire mu Karere ka Rulindo, Ishimwe Frank, ushinzwe imitangire y’ibyangombwa byo kubaka mu Karere ka Ngoma na Ntirenganya Epimaque, wakoraga nk’umuyobozi wa One Stop Center y’ubutaka mu Karere ka Gakenke.”
Aba bakurikiranyweho ibyaha byo gukoresha ububasha bahabwa mu nyungu zabo bwite no kutubahiriza igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka, aho bagiye batanga ibyangombwa byo kubaka ku bantu batandukanye batubahirije igishushanyo mbonera cyemejwe.
RIB ivuga ko mu gihe hategurwa dosiye kugira ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha, iperereza rigikomeje kuri ibi byaha aho byaba bikorerwa hose mu gihugu.
RIB yaboneyeho gutanga inama ivuga ko “yongera kuburira abatanga ibyangombwa byo kwubaka bitubahirije ibisabwa n’amategeko bagamije inyungu z’abantu bwite kubihagarika kuko bibangamiye imigendekere myiza y’imyubakire mu gihugu kandi bikaba bihanwa n’amategeko.”
Urwego rw’Ubugenzacyaha rutangaje ifungwa ry’aba bantu nyuma y’umunsi umwe runatangaje ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa no kumena ibanga ry’akazi.
RADIOTV10








