Minisitiri w’ingabo wa Leta Zunze Ubumwe za America, Pete Hegseth, yavuze ko igihe ntarengwa cyari cyarashyizweho kugira ngo ubuyobozi bwa Donald Trump busabe uburenganzira Inteko Ishinga Amategeko ku gukomeza intambara America ifatanyijemo na Israel kuri Iran, cyahagaze by’agateganyo, bica amarenga ko ishaka guhagarika iyi ntambara.
Ibi Minisitiri w’ingabo Hegseth yabivuze asubiza ibibazo by’Abasenateri mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena.
Kuri uyu wa Gatanu, tariki 01 Gicurasi 2026, ni wo wari umunsi wa 60 uhereye igihe Trump yamenyeshereje Kongere ya Amerika ku mugaragaro ibitero byagabwe kuri Iran ku wa 2 Werurwe 2026.
Kandi amategeko ya Amerika ateganya ko Perezida agomba “guhagarika ikoreshwa ry’ingabo za Amerika” mu gihe cy’iminsi 60, keretse Kongere yemeye ko bikomeza.
Asubiza ibibazo by’abasenateri, Hegseth yavuze ko ubu hariho agahenge, bityo ko iyo minsi 60 yahagaze.
Hegseth yagize ati: “Ubu turi mu gahenge, kandi uko tubyumva, bivuze ko iyo minsi 60 ihagarara cyangwa igahagarikwa mu gihe cy’agahenge.”

Gusa aba senateri ntibabyemeye, ndetse bamusubije ko amategeko atari ko abigena, bityo ko iyo minsi 60 ishobora kurangira uyu munsi, kandi byateza ikibazo gikomeye mu gihe ubuyobozi bwa Trump butabyubahiriza.
Senateri Tim Kaine yagize ati: “Sinkeka ko amategeko abishyigikira. Ntekereza ko iyo minsi 60 ishobora kurangira ku wa Gatanu, kandi bizateza ikibazo gikomeye cy’amategeko ku buyobozi nibitubahirizwa.”
Itegeko ribigenga rizwi nka War Powers Resolution, rimaze imyaka myinshi rishyizweho. Risaba Perezida guhagarika gukoresha ingabo mu gihe cy’iminsi 60 uhereye igihe ibikorwa by’intambara bitangiye, keretse Kongere itangaje ku mugaragaro intambara cyangwa ikamuha igihe cy’inyongera kitarenze iminsi 30, kigamije gukura ingabo aho ziri vuba.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10










