Saturday, May 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

radiotv10by radiotv10
02/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’ingabo wa Leta Zunze Ubumwe za America, Pete Hegseth, yavuze ko igihe ntarengwa cyari cyarashyizweho kugira ngo ubuyobozi bwa Donald Trump busabe uburenganzira Inteko Ishinga Amategeko ku gukomeza intambara America ifatanyijemo na Israel kuri Iran, cyahagaze by’agateganyo, bica amarenga ko ishaka guhagarika iyi ntambara.

Ibi Minisitiri w’ingabo Hegseth yabivuze asubiza ibibazo by’Abasenateri mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki 01 Gicurasi 2026, ni wo wari umunsi wa 60 uhereye igihe Trump yamenyeshereje Kongere ya Amerika ku mugaragaro ibitero byagabwe kuri Iran ku wa 2 Werurwe 2026.

Kandi amategeko ya Amerika ateganya ko Perezida agomba “guhagarika ikoreshwa ry’ingabo za Amerika” mu gihe cy’iminsi 60, keretse Kongere yemeye ko bikomeza.

Asubiza ibibazo by’abasenateri, Hegseth yavuze ko ubu hariho agahenge, bityo ko iyo minsi 60 yahagaze.

Hegseth yagize ati: “Ubu turi mu gahenge, kandi uko tubyumva, bivuze ko iyo minsi 60 ihagarara cyangwa igahagarikwa mu gihe cy’agahenge.”

Gusa aba senateri ntibabyemeye, ndetse bamusubije ko amategeko atari ko abigena, bityo ko iyo minsi 60 ishobora kurangira uyu munsi, kandi byateza ikibazo gikomeye mu gihe ubuyobozi bwa Trump butabyubahiriza.

Senateri Tim Kaine yagize ati: “Sinkeka ko amategeko abishyigikira. Ntekereza ko iyo minsi 60 ishobora kurangira ku wa Gatanu, kandi bizateza ikibazo gikomeye cy’amategeko ku buyobozi nibitubahirizwa.”

Itegeko ribigenga rizwi nka War Powers Resolution, rimaze imyaka myinshi rishyizweho. Risaba Perezida guhagarika gukoresha ingabo mu gihe cy’iminsi 60 uhereye igihe ibikorwa by’intambara bitangiye, keretse Kongere itangaje ku mugaragaro intambara cyangwa ikamuha igihe cy’inyongera kitarenze iminsi 30, kigamije gukura ingabo aho ziri vuba.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

Related Posts

Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

by radiotv10
01/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zafatiye ibihano uwahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Joseph Kabila kubera gushyigikira...

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye

by radiotv10
30/04/2026
0

Umugabo w’imyaka 52 wo mu Burasirazuba bw’u Buhindi, uherutse kugaragara yikoreye umurambo wumye wa mushiki we awujyanye kuri Banki ngo...

Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

Mu Burundi haravugwa iraswa ry’abantu babiri bari bafashwe bashinjwa kwambutsa mu Rwanda ikawa

by radiotv10
30/04/2026
1

Abantu babiri barashwe n'igipolisi cy’u Burundi nyuma yo gufatwa bashinjwa kugerageza kwinjiza mu Rwanda ikawa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aho...

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza rw’uwavuzwe cyane

by radiotv10
30/04/2026
0

Urukiko Rukuru muri Uganda, rurasoma icyemezo cyarwo mu rubanza ruregwamo Christopher Okello Onyum ashinjwa kwica abana bane bato abasanze ku...

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

by radiotv10
30/04/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba; yavuze ko yabwiye abana be ko nibaramuka bashakanye n’abantu bagufi, ubukwe bwabo...

IZIHERUKA

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran
AMAHANGA

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

by radiotv10
02/05/2026
0

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

01/05/2026
Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

01/05/2026
Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

01/05/2026
Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

01/05/2026
Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

01/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.