Umuturege wo mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe, wapfushije amatungo 33 arimo inka 15 nyuma yo gukubitwa n’inkuba, yashumbushijwe, ahabwa inka 25 ku bufatanye bw’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko asanzwe ari umuturanyi mwiza.
Ni ibyago byabaye ku manywa y’ihangu kuri iki Cyumweru tariki 03 Gicurasi 2025 mu Mudugudu wa Kacyiru mu Kagari ka Bwiyorere, aho inkuba yakubise amatungo y’umuturage umwe arimo inka 15 n’intama 18.
Aya matungo yakubiswe ari mu rwuri rw’umuturage witwa Mutarambirwa Patrick, akaba ari na we nyirayo, usanzwe azwiho kubanira neza abaturanyi.
Ibi byakoze ku mutima abaturage bo muri aka gace, biyemeje guhita bashaka uburyo bamushumbusha, bafatanyije n’ubuyobozi bw’inzego z’Ibanze.
Hakizamungu Adelte uyobora Umurenge wa Mpanga, avuga ko ubwo biriya byago byabaga kuri uriya muturage, bagenzi be ndetse n’ubuyobozi bagiye kumwihanganisha, baramushumbusha.
Yagize ati “Akarere kamushumbushije inka, n’abandi baturage bagenda bakomerezaho, bamuremera inka makumyabiri n’eshanu (25) zirimo inyana makumyabiri n’eshatu (23) n’ibimasa bibiri, intama icyenda n’ihene imwe.”
Uyu muyobozi ashimira abaturage bagaragarije urukundo uyu muturage mugenzi wabo, kuko bishimangira ubumwe ndetse no gufashanya bisanzwe biri mu muco nyarwanda.
Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, inkuba zagiye zikubita mu bice binyuranye by’Igihugu, zagize ingaruka zirimo n’abaturage bahaburiye ubuzima, aho kuri iki Cyumweru, Inkuba zishe abantu barindwi mu Rwanda, barimo batanu bo mu Ntara y’Iburengerazuba na babiri bo mu Majyaruguru.
Abantu batanu bo mu Ntara y’Iburengerazuba bishwe n’inkuba, barimo batatu bo mu Karere ka Rutsiro, mu gihe abandi babiri ari abo mu Karere ka Rubavu, naho babiri bo mu Ntara y’Amajyaruguru, bakaba bombi ari abo mu Karere Burera mu Mirenge ya Cyeru na Rwerere.
RADIOTV10









