Monday, May 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

radiotv10by radiotv10
04/05/2026
in MU RWANDA
0
Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturege wo mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe, wapfushije amatungo 33 arimo inka 15 nyuma yo gukubitwa n’inkuba, yashumbushijwe, ahabwa inka 25 ku bufatanye bw’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko asanzwe ari umuturanyi mwiza.

Ni ibyago byabaye ku manywa y’ihangu kuri iki Cyumweru tariki 03 Gicurasi 2025 mu Mudugudu wa Kacyiru mu Kagari ka Bwiyorere, aho inkuba yakubise amatungo y’umuturage umwe arimo inka 15 n’intama 18.

Aya matungo yakubiswe ari mu rwuri rw’umuturage witwa Mutarambirwa Patrick, akaba ari na we nyirayo, usanzwe azwiho kubanira neza abaturanyi.

Ibi byakoze ku mutima abaturage bo muri aka gace, biyemeje guhita bashaka uburyo bamushumbusha, bafatanyije n’ubuyobozi bw’inzego z’Ibanze.

Hakizamungu Adelte uyobora Umurenge wa Mpanga, avuga ko ubwo biriya byago byabaga kuri uriya muturage, bagenzi be ndetse n’ubuyobozi bagiye kumwihanganisha, baramushumbusha.

Yagize ati “Akarere kamushumbushije inka, n’abandi baturage bagenda bakomerezaho, bamuremera inka makumyabiri n’eshanu (25) zirimo inyana makumyabiri n’eshatu (23) n’ibimasa bibiri, intama icyenda n’ihene imwe.”

Uyu muyobozi ashimira abaturage bagaragarije urukundo uyu muturage mugenzi wabo, kuko bishimangira ubumwe ndetse no gufashanya bisanzwe biri mu muco nyarwanda.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, inkuba zagiye zikubita mu bice binyuranye by’Igihugu, zagize ingaruka zirimo n’abaturage bahaburiye ubuzima, aho kuri iki Cyumweru, Inkuba zishe abantu barindwi mu Rwanda, barimo batanu bo mu Ntara y’Iburengerazuba na babiri bo mu Majyaruguru.

Abantu batanu bo mu Ntara y’Iburengerazuba bishwe n’inkuba, barimo batatu bo mu Karere ka Rutsiro, mu gihe abandi babiri ari abo mu Karere ka Rubavu, naho babiri bo mu Ntara y’Amajyaruguru, bakaba bombi ari abo mu Karere Burera mu Mirenge ya Cyeru na Rwerere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − nine =

Previous Post

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

Related Posts

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

by radiotv10
02/05/2026
0

Imibonano mpuzabitsina, ingingo idakunze kuganirwaho mu buryo bweruye, ariko abantu hafi ya bose bafite amagara mazima bakenera cyangwa bifuza. Ubushakashatsi...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

by radiotv10
01/05/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abantu bane barimo uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana,...

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

by radiotv10
01/05/2026
0

Abofisiye 74 mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, barangije amasomo ajyanye no kuyobora abandi n’indi...

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

by radiotv10
01/05/2026
0

Your 20s are often sold to you as the decade of “connections.” You’re told to meet people, build your circle,...

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
01/05/2026
0

The Minister of ICT and Innovation said that the government of Rwanda is considering introducing a law that would restrict...

IZIHERUKA

Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe
MU RWANDA

Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

by radiotv10
04/05/2026
0

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

03/05/2026
Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

02/05/2026
America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

02/05/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

01/05/2026
Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

01/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.