Umunyamafaranga Zarinah Hassan uzwi nka ‘Zari the Boss Lady’ wanabyaranye n’umuhanzi Diamond Platnumz, yatangaje ko yatandukanye n’umugabo we Shakib Cham bari bamaranye imyaka itanu, avuga ko yaranzwe n’ibibazo uruhuri mu rushako rwabo.
Zari yabitangaje mu butumwa yatangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kamena 2026, aho yavuze ko nyuma y’imyaka itanu y’ibibazo mu rushako rwe na Shakib Cham, bahisemo ko buri umwe afata inzira ye, undi iye.
Yagize ati “Nyuma y’imyaka itanu yo kubitekerezaho bihagije, twahisemo ko gutandukana ari byo byiza bitewe n’ibyo tudahuje n’ibibazo bidasanzwe.”
Zari yakomeje avuga ko nubwo iki cyemezo bafashe cyitaboroheye, ariko bumva ari cyo cyari gikwiye kuri we n’uyu bari bamaranye igihe babana nk’umugore n’umugabo.
Ati “Twishimira ibihe twagiranye, urwibutso twakoreye hamwe, ndetse n’inkunga twagiye duterana. Nta burakari cyangwa inzika, kuko bibaho nk’abantu babiri bakuriye mu byerecyezo bibiri bitandukanye.”
Zari yakomeje avuga ko we na Shakib bazakomeza guhana agaciro ndetse bagamomeza kuba inshuti zisanzwe mu bwubahane n’ubwumvikane bisesuye.
Ati “Twembi turifurizanya buri umwe ibyishimo, kugera ku ntsinzi, ndetse n’amahirwe mu bihe biri imbere.”
Zari na Shakib babanye nk’umugore n’umugabo mu gihe kirenga umwaka mbere yuko basezerana ku mugaragaro ku ya 03 Ukwakira 2023 i Pretoria, muri Afurika y’Epfo.
Urushako rw’aba bombi rwakunze kuvugwamo ibibazo, ariko bakabikemura bucece, bafashijwemo n’inshuti zabo n’imiryango.
RADIOTV10






