Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko igisirikare cy’Igihugu cye cyishe Niño Guerrero wari ukuriye agatsiko ka Tren de Aragua ko muri Venezuela, mu gitero cy’indege, anashyira hanze amashusho yafashwe ubwo haturitswaga inzu yari arimo.
Ibi byemejwe na Perezida wa America, Donald Trump mu butumwa yashyize hanze nyuma yuko hakozwe iki gitero muri Venezuela.
Yagize ati “Ku buyobozi bwanjye, ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America bwagabye igitero cyihuta kandi cyica kugira ngo burangize neza Niño Guerrero.”
Niño Guerrero, ubundi amazina ye yose ni Héctor Rusthenford Guerrero Flores, wayoboye Tren de Aragua igihe kirekire. Aka gatsiko ni kamwe mu dutsiko tw’abagizi ba nabi tuzwi cyane muri Amerika y’Epfo kandi kakaba karakunze kugambirirwa bikomeye n’ubutegetsi bwa Trump.
Perezida Trump yashinje aka gatsiko gukora “intambara idasanzwe” kuri Amerika kandi avuga ko ari umutwe w’iterabwoba w’amahanga.
Trump yashyize ahagaragara amashusho asa n’igitero cy’indege, agaragaza inyubako y’icyatsi kibisi iri hafi aho iri guturitswa, ibisigazwa by’imyanda biguruka mu kirere.

Trump yavuze ko igikorwa cya gisirikare “Cyateguwe neza ku bufatanye n’inshuti zacu zo muri Venezuwela, dukorana neza cyane.”
Abayobozi ba Venezuwela bemeje uruhare rwabo muri iki gitero, bise “ibikorwa bihuriweho.”
Muri Mutarama, ingabo za America zafashe Perezida wa Venezuwela Nicolás Maduro, zimusanze iwe mu gitero kidasanzwe cyakozwe nijoro kugira ngo akurikiranweho ibyaha i New York.
Mu bindi birego, America yashinje Maduro, harimo gukorana n’agatsiko k’abagizi ba nabi mu bikorwa byo kurwanya Amerika. Ikirego cyagaragaje Guerrero Flores nk’umwe mu bafatanyije mu mugambi wo kugambanira Amerika.
Kuva icyo gihe, Amerika yashatse gushimangira umubano n’uwasimbuye Maduro, Delcy Rodríguez, imukuraho ibihano ndetse inashyiraho imbaraga zo gufatanya mu gucukura peteroli muri Venezuela.
RADIOTV10






