• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyeshuri yajombye ikaramu umwarimu aramukomeretsa bikomeye

radiotv10by radiotv10
24/06/2026
in MU RWANDA
0
Umunyeshuri yajombye ikaramu umwarimu aramukomeretsa bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri (GS) rwa Cyanika mu murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke, yajyanywe kwa muganga nyuma yo kujombwa ikaramu n’umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye, akamukomeretsa mu isura akavirirana cyane.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kamena 2026 mu Mudugudu wa Gaseke mu Kagari ka Nyange, Umurenge wa Coko ahaherereye iri shuri rya GS Cyanika.

Amakuru avuga ko ibi byabaye ahagana saa cyenda z’umugoroba, ubwo umwarimu witwa Gakoza Emmanuel yabanzaga gushyamirana n’umunyeshuri witwa Niyikiza Jean Aimé wiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye.

Ibi byabaye ubwo umwarimu yari ari kugenzura ikorwa ry’ibizamini bisoza igihembwe cya gatatu cy’umwaka w’amashuri, uyu mwarimu akicazanya abana batatu ku ntebe imwe, kugira ngo mu ishuri haboneke intebe imwe iticaweho n’umunyeshuri, bityo na we abone iyo yicaraho.

Uyu munyeshuri w’imyaka 18, ngo yahise abaza umwarimu impamvu abicaje ari batatu ku ntebe imwe, nyamara hari iyo yabonaga yari ibereye aho, batangirana guterana amagambo.

Uyu mwarimu yahise asaba uyu munyeshuri wamushyogozaga, gusohoka adakoze ikizamini, ndetse ngo amusohora amushushubikanya, ari na byo byarakaje uyu munyeshuri wahise na we akora igikorwa cy’umujinya akamujomba ikaramu akamukomeretsa.

Uyu mwarimu wari wakomeretse cyane, ubuyobozi bw’ishuri bwahise bwinjira muri iki kibazo, buhita bunamujyana kwa muganga, aho yahise ajyanwa kuvurirwa ku Kigo Nderabuzima cya Nyange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 19 =

Previous Post

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Next Post

Bwa mbere umunyamakurukazi n’umukinnyikazi wa filimi bazwi mu Rwanda bagiye guhurira mu mukino w’iteramakofe

Related Posts

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

by radiotv10
24/06/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ukekwaho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato Mbabazi...

RDF yungutse abasirikare bafite ubumenyi bwisumbuye burimo ubw’amayeri njyarugamba

RDF yungutse abasirikare bafite ubumenyi bwisumbuye burimo ubw’amayeri njyarugamba

by radiotv10
24/06/2026
0

Mu Kigo cy’Amahugurwa ya gisirikare i Nasho mu Karere ka Kirehe, hasojwe amahugurwa yahabwaga Brigade y’abasirikare barwanira ku butaka Icyiciro...

Eng.-Rwanda’s women and girls encouraged to venture into the mining sector

Eng.-Rwanda’s women and girls encouraged to venture into the mining sector

by radiotv10
24/06/2026
0

The Minister of Gender and Family Promotion, Uwimana Consolée, is encouraging women and girls to venture into the mining sector,...

Abari n’abategarugori bo mu Rwanda basabwe gutinyuka ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kuko burimo agatubutse

Abari n’abategarugori bo mu Rwanda basabwe gutinyuka ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kuko burimo agatubutse

by radiotv10
24/06/2026
0

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée arashishikariza abari n'abategarugori gutinyuka umwuga w'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, kuko ari umwe mu yinjiza amafaranga...

How children learn about money without being taught

How children learn about money without being taught

by radiotv10
24/06/2026
0

Many parents believe that children need formal lessons before they can understand money. However, long before anyone sits them down...

Next Post
Bwa mbere umunyamakurukazi n’umukinnyikazi wa filimi bazwi mu Rwanda bagiye guhurira mu mukino w’iteramakofe

Bwa mbere umunyamakurukazi n’umukinnyikazi wa filimi bazwi mu Rwanda bagiye guhurira mu mukino w’iteramakofe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Bwa mbere umunyamakurukazi n’umukinnyikazi wa filimi bazwi mu Rwanda bagiye guhurira mu mukino w’iteramakofe

Umunyeshuri yajombye ikaramu umwarimu aramukomeretsa bikomeye

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.