Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ushinjwa gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato Mbabazi Shadia uzwi nka Saddyboo, yagejejwe mu Bushinjacyaha, aho aregwa ibyaha bibiri.
Yugi Umukaraza yatawe muri yombi tariki 23 Kamena 2026 nyuma yuko Shaddyboo akekwaho gusambanya ku gahato yiyambaje Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.
RIB yari yatangaje ko yatangiye iperereza, yemeje ko yamaze gukora dosiye ikubiyemo ikirego, ndetse ikaba yashyikirijwe Ubushinjacyaha kuri uyu wa Mbere tariki 29 Kamena 2026.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry wemeje ko dosiye iregwamo Yugi Umukaraza yoherejwe mu Bushinjacyaha, yavuze ko akekwaho ibyaha bibiri.
Yagize ati “Aracyekwaho ibyaha bibiri (2). Birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato no gukoresha ibiyobyabwenge.”
Umuvugizi wa RIB kandi yaboneyeho kugira inama Abaturarwanda kwirinda ibyaha, byumwihariko nk’ibi bishinjwa uyu musore ukekwaho gusambanya ku gahato.
Yagize ati “RIB irakomeza gusaba Abanyarwanda kwirinda ibikorwa bigize ibyaha cyane cyane ubusinzi n’ibiyobyabwenge kuko usanga akenshi ari byo bibakururira mu byaha nk’ibi bikomeye.”
Yugi Umukaraza yatawe muri yombi nyuma yuko tariki 22 Kamena 2026, Shaddyboo atangaje ko uyu musore bigeze kuba inshuti yaje kumusura iwe, yitwaje inzoga, bakazisangira, ubundi bagasinzira, akaza kwisanga baryamanye.
Icyo gihe yavuze ko yakekaga ko uyu musore yamusambanyije, ari na bwo yahitaga ajya ku Kigo gifasha abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Isange One Stop Center, ndetse akajya no gutanga ikirego kuri RIB.
RADIOTV10





