Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma gishyushye, bafite umugambi wo kumushyira aho bazajya batura inzoga, ibiryo, n’inyama abakurambere.
Ni dosiye y’umugore w’imyaka 35 n’umugabo we w’imyaka 42 y’amavuko, bo mu Mudugusu wa Bikimba, Akagari ka Gihara, Umurenge wa Runda, mu Karere ka Kamonyi.
Ni dosiye ifitwe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga, aho iki cyaha cyabaye tariki 19 Kamena 2026, ubwo uyu mugore n’umugabo we bo mu Karere ka Kamonyi biciraga uwo mwana w’imyaka ibiri bamwiciye mu rugo rwabo.
Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mwana yishwe n’uyu mugore n’umugabo we ubwo yari yaje gukina n’abana babo mu rugo rw’aba bombi muri kariya gace batuyemo.
Ubushinjacyaha buvuga ko “Umugore amubonye yaramufashe amujyana mu gikoni ashyushya icyuma ku mbabura aramukatagura kugeza ashizemo umwuka ahita amujyana aho umugabo we yamweretse ngo azajya atura inzoga, ibiryo, n’inyama abakurambere.”
Bukomeza bugira buti “Mu ibazwa rye, umugore avuga ko igihe yakoraga iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi, umugabo we yari aryamye mu nzu. Ni mu gihe umugabo we mu ibazwa rye, yavuze ko muri icyo gitondo yabyutse ajya mu kazi bityo ko ibyo umugore we yakoze atari abizi.”
Icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake bakurikiranyweho giteganywa n’ingingo ya 107 y’Itegeko no 68/2018 ryo kuwa 30/8/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Nikibahama bazahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.
RADIOTV10





