Umusore w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Manihira mu Karere ka Rutsiro, yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho gusanyambanya umwana w’imyaka 15 amushukishije ibisuguti, yatahuwe nyuma yuko umwana ageze mu rugo akabitekerereza ababyeyi.
Uyu musore wo mu Kagari ka Mayira mu Murenge wa Manihira, akekwaho kuba yarasambanyije umwana w’umukobwa saa mbiri z’ijoro, nyuma yuko amuhamagaye kuri telefone ngo aze bagira icyo baganira.
Uyu musore ubu ufungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Rusebeya, akekwaho kuba icyo ubwo umukobwa yamugeragaho, yamushukishije ibisuguti (biscuit) ubundi amujyana mu ishyamba riri hafi aho, amusambanyirizayo.
Ubwo uyu mwana yatahaga amaze gusambanywa, yahise abitekerereza se, na we ahita abibwira inzego z’umutekano, zihita zita muri yombi uyu musore, mu gihe umukobwa na we yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Rutsiro kugira ngo akorerwe isuzuma, ariko na cyo kiza kumwohereza mu Bitaro bya Murunda.
Aya makuru y’ifatwa ry’uyu musore yanemejwe na Ukwishaka Titien, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Manihira, wavuze ko na bo bahawe amakuru ko uriya musore yabanje gutelefona uriya mukobwa akabanza kumuha uduhendabana.
Yagize ati “Amakuru twakiriye ni uko uyu musore yahamagaye umwana w’umukobwa akamusanga hafi y’iwabo akamushukisha biscuit akamujyana mu gashyamba akamusambanya.”
Uyu muyobozi avuga ko ubwo uriya mwana yageraga mu rugo iwabo, yatekerereje umubyeyi we ibimubayeho, na we agahita yiyambaza irondo ndetse n’inzego z’ibanze, zahise zita muri yombi uriya musore.
RADIOTV10






