Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urukiko rwategetse ko Rusesabagina azaburanishwa mu bujurire adahari

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA
0
Rusesabagina aracyahagaze ku k’ejo: Na none ntiyitabye Urukiko mu Bujurire
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire rwajuririwe mu rubanza ruregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be, rwemeje ko uyu mugabo utaragaragaye mu rubanza kuri uyu wa Mbe, yanze kwitaba Urukiko ku bwende, rutegeka ko uru rubanza ruzakomeza adahari.

Abaregwa hamwe na Rusesabagina uko ari 20 kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mutarama 2022 bitabye Urukiko rw’Ubujurire kugira ngo baburane ku bujurire bwa bamwe muri bo ndetse n’ubw’Ubushinjacyaha.

Gusa Rusesabagina n’ubundi waburanishijwe mu Rugerero rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka na bwo adahari, kuri uyu wa mbere na bwo ntiyitabye Urukiko rw’Ubujurire.

Ibi byatumye haba impaka hagati y’uruhande rw’Ubushinjacyaha ndetse n’abunganira abaregwa barimo abavugaga ko Rusesabagina yanze kwitaba ku bushake, bagasaba ko urubanza ruburanishwa adahari.

Mu gihe bamwe mu bunganira abaregwa na bo bavugaga ko hakwiye kubanza gusuzumwa uburyo Rusesabagina yamenyeshejwe ibijyanye n’uru rubanza ndetse niba n’umwamumenyesheje abifitiye ububasha.

Urukiko rw’Ubujurire rwahise rusubika urubanza, kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mutarama rwasomye umwanzuro kuri izi mpaka, ruvuga ko hagendewe ku nyandiko zihamagaza abaregwa zasinyweho n’abandi bose uretse Rusesabagina Paul ari ikimenyetso cy’uko yamenyeshejwe.

Umucamanza yavuze ko ibimenyetso byose byatanzwe n’ubushinjacyaha bigaragaza ko Rusesabagina yamenyeshejwe mu buryo bukurikije amategeko bityo ko “yanze kwitaba Urukiko ku bwende.”

Icyemezo cy’urukiko kisunze ingingo ya 128 y’itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha mu gika cyayo cya mbere, kivuga ko Rusesabagina azaburanishwa adahari bityo ko urubanza rwimuriwe ku wa Kane tariki 20 Mutarama 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Ese Muhoozi wise Perezida Kagame Se wabo yaharuriraga inzira Intumwa ya Museveni?

Next Post

U Rwanda rwataramwe kubera Mukansanga waruhesheje ishema rishashagirana

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwataramwe kubera Mukansanga waruhesheje ishema rishashagirana

U Rwanda rwataramwe kubera Mukansanga waruhesheje ishema rishashagirana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.