Friday, June 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urukiko rwategetse ko Rusesabagina azaburanishwa mu bujurire adahari

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA
0
Rusesabagina aracyahagaze ku k’ejo: Na none ntiyitabye Urukiko mu Bujurire
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire rwajuririwe mu rubanza ruregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be, rwemeje ko uyu mugabo utaragaragaye mu rubanza kuri uyu wa Mbe, yanze kwitaba Urukiko ku bwende, rutegeka ko uru rubanza ruzakomeza adahari.

Abaregwa hamwe na Rusesabagina uko ari 20 kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mutarama 2022 bitabye Urukiko rw’Ubujurire kugira ngo baburane ku bujurire bwa bamwe muri bo ndetse n’ubw’Ubushinjacyaha.

Gusa Rusesabagina n’ubundi waburanishijwe mu Rugerero rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka na bwo adahari, kuri uyu wa mbere na bwo ntiyitabye Urukiko rw’Ubujurire.

Ibi byatumye haba impaka hagati y’uruhande rw’Ubushinjacyaha ndetse n’abunganira abaregwa barimo abavugaga ko Rusesabagina yanze kwitaba ku bushake, bagasaba ko urubanza ruburanishwa adahari.

Mu gihe bamwe mu bunganira abaregwa na bo bavugaga ko hakwiye kubanza gusuzumwa uburyo Rusesabagina yamenyeshejwe ibijyanye n’uru rubanza ndetse niba n’umwamumenyesheje abifitiye ububasha.

Urukiko rw’Ubujurire rwahise rusubika urubanza, kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mutarama rwasomye umwanzuro kuri izi mpaka, ruvuga ko hagendewe ku nyandiko zihamagaza abaregwa zasinyweho n’abandi bose uretse Rusesabagina Paul ari ikimenyetso cy’uko yamenyeshejwe.

Umucamanza yavuze ko ibimenyetso byose byatanzwe n’ubushinjacyaha bigaragaza ko Rusesabagina yamenyeshejwe mu buryo bukurikije amategeko bityo ko “yanze kwitaba Urukiko ku bwende.”

Icyemezo cy’urukiko kisunze ingingo ya 128 y’itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha mu gika cyayo cya mbere, kivuga ko Rusesabagina azaburanishwa adahari bityo ko urubanza rwimuriwe ku wa Kane tariki 20 Mutarama 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 19 =

Previous Post

Ese Muhoozi wise Perezida Kagame Se wabo yaharuriraga inzira Intumwa ya Museveni?

Next Post

U Rwanda rwataramwe kubera Mukansanga waruhesheje ishema rishashagirana

Related Posts

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

by radiotv10
12/06/2025
0

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp ko yishinja...

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

by radiotv10
12/06/2025
0

Umwana w’imyaka icyenda (9) wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wavutse afite ibitsina bibiri, byamusibiye amayira ku...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu
AMAHANGA

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

13/06/2025
Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwataramwe kubera Mukansanga waruhesheje ishema rishashagirana

U Rwanda rwataramwe kubera Mukansanga waruhesheje ishema rishashagirana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.