Friday, July 24, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Icyo iperereza ryagaragaje ku bana babiri b’Umupolisi wo mu Burundi baturikanywe n’igisasu

Icyo iperereza ryagaragaje ku bana babiri b’Umupolisi wo mu Burundi baturikanywe n’igisasu

Abana babiri b’abavandimwe b’umupolisi mu gipolisi cy’u Burundi, utuye mu Ntara ya Burunga bahitanywe n’igisasu cya grenade, aho iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko gishobora kuba cyabaturikanye babanje kugicokoza.

Aba bana babiri bapfuye barimo umwe w’imyaka 17 na mugenzi we w’imyaka 14, aho baturikanywe n’icyo gisasu mu rugo iwabo mu gace ka Rutana, mu ntara ya Burunga, mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’u Burundi.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Nyakanga 2026, ahagana saa saba z’amanywa mu gace ka Birongozi muri Rutana.

Nk’uko byagaragajwe n’ibyavuye mu iperereza, John Kelly Nkurunziza w’imyaka 17 n’umuvandimwe we Audry Irangabiye w’imyaka 14, bari bafashe gerenade yabonetse mu rugo iwabo mbere yuko iturika.

Umwe muri aba bavandimwe yahise ahasiga ubuzima ubwo iki gisasu cyaturikaga, mu gihe mugenzi we yitabiye Imana mu Bitaro bya Rutana aho yari yagiye kuvurirwa.

Iperereza ryakozwe ahabereye iri turika, ryagaragaje ahantu habiri hari haretse amaraso, inyundo, ndetse n’agace kamwe ka grenade kazwi nk’impeta y’iki gisasu, byasanzwe inyuma y’urugo rw’umuryango.

Iperereza ry’ibanze kandi rigaragaza ko aba bana babiri bashobora kuba bakinishije iki gisasu mbere yuko kibaturikana.

Aba bana babiri bapfuye, bene Ildéphonse Nkurunziza, usanzwe umupolisi ukorera i Nyanza, no mu ntara ya Burunga, n’umugore we Alice Nshimirimana.

Nyuma y’iri turika, ubuyobozi bwa Rutana bwasabye umuntu wese ugifite intwaro cyangwa ibisasu mu rugo guhita abishyikiriza inzego z’umutekano kugira ngo hirindwe ko hagira abandi bantu bapfa.

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =