Monday, July 27, 2026
RW|EN
IMYIDAGADURO

Umunyamakuru uri mu bakunzwe mu Rwanda Dashim agiye gukora ubukwe

Umunyamakuru uri mu bakunzwe mu Rwanda Dashim agiye gukora ubukwe

Umunyamakuru wa RADIOTV10, Dushimimana Jean de Dieu wamamaye nka Dashim, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga.

Dashim uri mu banyamakuru bakurikirwa na benshi mu Rwanda byumwihariko ku bw’ikiganiro cye ‘Inzu y’ibitaro’ kibamo n’agace ‘Ijambo ryahindura ubizima’, yambitse impeta umukunzi we mu mpera z’icyumweru gishize.

Ni igikorwa cyabaye ku wa Gatandatu tariki 25 Nyakanga 2026, aho Dashim yambitse impeta uyu mukunzi we witwa Niwemugore Donatha bamaze igihe bakundana.

Dashim wamamaye mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda, ubu ni umukozi wa RADIOTV10, aho akora ikiganiro ‘Inzu y’Ibitabo’ gitambuka kuri Radio 10 kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu, ndetse no kuri TV 10 gitambukaho ku wa Gatandatu.

Uyu munyamakuru avuga ko ari intambwe ishimishije kuba yambitse impeta y’urukundo umukunzi we, ndese ko nyuma y’iki gikorwa, hazakurikiraho indi mihango yo kurushingana.

Dashim avuga ko imyiteguro yo gukora ubukwe yatangiye, gusa yirinda kuvuga itariki yabwo. Ati “Ubukwe ni mu bihe biri imbere, turi kwitegura kurushinga.”

Uyu munyamakuru yambitse impeta umukunzi bitegura kurushinga, nyuma y’iminsi micye mugenzi we bakorana kuri RADIOTV10, Jean Claude Hitimana uzwi nka Hit, na we atangaje ko azakora ubukwe muri Nzeri.

Jean Claude Hitimana na we ukorera iki gitangazamakuru, mu nyandiko iteguza ubukwe (save the date) aherutse gushyira hanze, igaragaza ko azakora ubukwe tariki 05 Nzeri 2026, akazarushingana na Adelaide Ishimwe Muhayimpundu uzwi nka Ida, na we wakoreraga RADIOTV10 akaba aherutse gusezerera iki gitangazamakuru.

Umunyamakuru Dashim n’umukunzi we
Yamwambitse impeta y’urukundo
Ni ibyishimo kuri bombi

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =