Tuesday, July 28, 2026
RW|EN
FOOTBALL

Bidasubirwaho uwakanyujijeho muri ruhago Zinédine Zidane yagizwe umutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa

Bidasubirwaho uwakanyujijeho muri ruhago Zinédine Zidane yagizwe umutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa

Perezda w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bufaransa, yatangaje Zinédine Zidane wakiniye Ikipe y’iki Gihugu nk’umutoza mushya usimbuye Didier Deschamps.

Philippe Diallo, Perezida wa FFF (Fédération Française de Football) yatangaje Zinédine Zidane nk’umutoza mushya mukuru w’ikipe y’u Bufarana (Bleus) mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Nyakanga 2026.

Zinédine Zidane yatangajwe nk’umutoza w’igihe kirekire w’iyi kipe y’Igihugu y’u Bufaransa, nyuma yuko yuko Didier Deschamps aretse izi nshingano nyuma y’Igikombe cy’Isi, yatsinzwemo imikino ibiri yikurikiranya irimo uwo gushaka itike y’umukino wa nyuma, ndetse no gutsindwa mu gushaka umwanya wa gatatu.

Itangazwa rya Zidane nk’Umutoza mushya w’Ikipe y’u Bufaransa, ryabaye kuri wa Kabiri, tariki 28 Nyakanga mu kiganiro n’abanyamakuru cyakozwe na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bufaransa, cyabereye ku cyicaro gikuru cyaryo.

Uyu munyabigwi mu ikipe y’u Bufaransa wanatawe igihembo cy’umukinnyi mwiza ku Isi (Ballon d’or) cyo mu 1998, agiye gutoza ikipe y’iki Gihugu nyuma yuko yatoje Club ya Real Madrid yo muri Espagne kuva mu mwa wa 2019 kugeza muri 2021.

Uyu mutoza mushya wa Les Bleus ategerejweho ubuhanga bwe mu ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, ndetse n’abakinnyi azifashisha mu ikipe y’Iguhugu.

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =