Umunyamakuru Dushimimana Jean de Dieu wamamaye nka Dashim, uzwi mu gutangaza imvugo z’ubwenge, uri mu myiteguro yo kurushingana n’umukunzi we, avuga ko abantu babaho kugira ngo bige gukunda, kandi bagakunda kugira ngo bihe kubaho.
Ni nyuma yuko uyu munyamakuru wa RADIOTV10 yambitse impeta y’urukundo umukunzi we Niwemugore Donatha bitegura kurushinga, igikorwa cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize.
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Nyakanga 2026, Dashim yagaragaje ibyishimo atewe n’intambwe yateye mu rukundo n’umukunzi we bagiye kwibanira nk’umugore n’umugabo.
Yagize ati “Ahwiiii akagozi karacitse rero, reka mberurire ko nanjye ninjiye mu mwikubo w’ubuzima.”
Muri ubu butumwa bwe, Dashim uzwiho gukoresha imvugo z’ubwenge, n’ubundi yakoresheje ubutumwa bugaragaza ihuriro ry’ubuzima n’urukundo. Ati “Tubaho kugirango twige gukunda, tugakunda kugirango twige kubaho.”
Dashim ni umwe mu banyamakuru bakurikirwa na benshi mu Rwanda kubera ikiganiro cye ‘Inzu y’Ibitabo’ gitambuka ku bitangazamakuru bya RADIOTV10, kibamo agace kitwa ‘Ijambo ryahindura ubuzima’ gakundwa na benshi kubera amagambo y’impanuro zifasha benshi gutwaza no gukomera mu buzima.



RADIOTV10