Monday, August 10, 2026
RW|EN
FOOTBALL

Rutahizamu w’Amavubi Mugisha Gilbert watandukanye na APR aravugwa mu ikipe nshya hanze y’u Rwanda

Rutahizamu w’Amavubi Mugisha Gilbert watandukanye na APR aravugwa mu ikipe nshya hanze y’u Rwanda
Mugisha Gilbert uherutse gutandukana n’ikipe ya APR FC yari amazemo imyaka itanu (5), yagiye mu biganiro n’ikipe yo mu cyiciro cya mbere muri Botswana, bishobora kurangira asinyiye iyi kipe.

Uyu rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yagiye muri Botswana mu biganiro n’ikipe ya Jwaneng Galaxy yo mu cyiciro cya mbere muri Botswana.

Iyi kipe kandi iherutse guha akazi umutoza Ivan Minnaert wigeze gutoza Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, akaba aherutse kugirwa Umutoza Mukuru w’iyi kipe yo muri Botswana, nyuma yuko atandukanye na Vipers SC yo muri Uganda.

Amakuru avuga ko ubuyobozi bw’iyi kipe ya Jwaneng Galaxy ndetse na Mugisha Gilbert bari mu biganiro bya nyuma, ku buryo isaha n’isaha uyu rutahizamu w’u Rwanda yashyira umukono ku masezerano yo gukinira iyi kipe.

Bivugwa kandi ko iyi kipe ari yo yabengutswe Mugisha Gilbert, ndetse ikaba yaramwoherereje ubutumire kugira ngo binjire mu biganiro, akaba ashobora kuyisinyira amasezerano y’imyaka ibiri.

Iyi kippe iri mu zikomeye muri Botswana, dore ko umwaka w’imikino ushize yaje ari iya kabiri, ndetse ikaba izitabira irushanwa nyafurika CAF Confederation Cup.

Mugisha Gilbert wamenyekanye cyane akinira Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC, ni umwe mu bakinnyi batandukanye na yo, bari bayimazemo igihe, dore ko yari ayimazemo imyaka itanu nyuma yo kuyinjiramo muri 2021.

Yafashije kandi iyi kipe kwegukana ibikombe binyuranye, birimo ibya shampiyona, ndetse n’ibindi binyuranye bikinirwa mu Rwanda.

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 6 =