Wednesday, September 2, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Byamenyekanye ko u Burusiya buri gufasha Iran mu ibanga gukora misile zirasa ku muvuduko udasanzwe

Byamenyekanye ko u Burusiya buri gufasha Iran mu ibanga gukora misile zirasa ku muvuduko udasanzwe

U Burusiya buri gufasha Iran mu ibanga mu gutegura no gukora za misile zirasa ku muvuduko udasanzwe (supersonic/ urenze uw’ijwi), ibintu bishobora kuba ari bwo buryo bukomeye kurusha ubundi bwabayeho mu gusangizanya ikoranabuhanga rya gisirikare hagati y’Ibihugu byombi.

Iperereza ryakozwe n’ikinyamakuru Financial Times ryagaragaje ko uyu mushinga wahawe izina ry’ibanga rya C43OL, aho u Burusiya bwashyizeho inzobere zikomeye mu gukora misire gufasha Iran muri uyu mushinga.

Ni uburyo bivugwa ko buzafasha Iran gukora ubwoko bushya bw’intwaro zishobora gushyira mu kaga amato y’intambara ya Leta Zunze Ubumwe za America arimo n’amato manini atwara indege z’intambara mu Burasirazuba bwo Hagati.

Raporo ivuga ko intego nyamukuru y’umushinga C43OL ari ugufasha Iran gushushanya uburyo bwo gutwara misile bwitwa ramjet propulsion system, butuma misile ishobora kugendera ku muvuduko wikubye inshuro nyinshi umuvuduko w’ijwi.

Za misile zirasa ku muvuduko urenze uw’ijwi, ni zimwe mu zigorwa no gutahurwa no guhagarikwa, kuko ziba zigendera ku butumburuke buri hasi kandi zishobora kugenda ku muvuduko ugera ku bilometero hafi 3 540 mu isaha.

Jim Lamson, wahoze ari umusesenguzi w’ibijyanye n’igisirikare muri CIA, yagize ati “Ku Banya-Iran, ibi byabaha ubwoko bushya cyane bw’intwaro z’ingenzi mu rwego rwa gisirikare, bushobora gushyira mu kaga amato y’ingabo za America.”

Iran yamaze gukora no kugerageza mu kirere uburyo bwo gutwara misile bukoresha ikoranabuhanga rya ramjet, ariko nta bimenyetso biragaragaza ko izo ntwaro zaba zaratangiye gukoreshwa mu bikorwa bya gisirikare.

Fabian Hinz, impuguke mu bijyanye na za misile za Iran, yabwiye Financial Times ko iri ari “ikoranabuhanga rya gisirikare rifite akamaro gakomeye cyane mu rwego rwa gisirikare kandi ryoroshye guhindura imiterere y’umutekano, u Burusiya buri guha Iran, kandi Abanya-Iran bamaze imyaka ibarirwa muri za mirongo barishaka.”

Yongeyeho ati “Umushinga nk’uyu wari gusaba ko habaho uburenganzira bwa politiki buturutse ku nzego zo hejuru cyane mu Burusiya.”

Ubutegetsi bwa Iran bumaze igihe buha u Burusiya indege zitagira abapilote zizwi nka “kamikaze drones”, zikaba zaragiye zikoreshwa mu bitero ku butaka bwa Ukraine.

Ku rundi ruhande, bivugwa ko u Burusiya bwagiye buha Iran amakuru y’ubutasi ashobora kuyifasha kugaba ibitero ku birindiro bya gisirikare bya America biri mu bice bitandukanye by’Uburasirazuba bwo Hagati.

Nicole Grajewski, umwarimu muri kaminuza ya Sciences Po i Paris, yavuze ko gahunda yo guteza imbere ikoranabuhanga rya ramjet “igaragaza ko u Burusiya bushaka kwagura intambara yo muri Ukraine no gutuma Leta Zunze Ubumwe za America yinjira mu bibazo by’ibindi bice by’isi.”

Raporo ivuga ko gahunda y’ibanga yo gufasha Iran guteza imbere izo misile zirasa ku muvuduko urenze uw’ijwi yateguwe n’ikigo cya Leta y’u Burusiya gishinzwe kohereza intwaro mu mahanga, Rosoboronexport, cyakoranye n’ikigo cya Leta gishinzwe gukora za roketi cyitwa NPO Mashinostroyenia.

RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 13 =