• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Mukansanga ntari mu bazasifura imikino isigaye ya AFCON2021

radiotv10by radiotv10
28/01/2022
in Uncategorized
0
Mukansanga ntari mu bazasifura imikino isigaye ya AFCON2021
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru aturuka muri Cameroon avuga ko Umunyarwandakazi Mukansanga Salima atari mu basifuzi bazasifura imikino isigaye mu gikombe cya Afurika [AFCON2021].

Umunyamakuru Clarisse Uwimana wa B&B FM Umwezi uri muri Cameroon, yatangaje ko Mukansanga Salima atari mu basifuzi bazasifura imikino isigaye mu gikombe cya Africa.

Igikombe cya Africa kiri kubera muri Cameroon kigeze muri 1/4 cy’irangiza aho iki cyiciro kizatangira kuri uyu Gatandatu mu mukino wa mbere uzahuza Gambia na Cameroon.

Mu butumwa uyu munyamakuru yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Aramanuka i Kigali aze yitegura andi marushanwa ari imbere. Salima warakoze guhagararira urwatubyaye, ingobyi yaduhetse.”

Mukansanga Salima ni umusifuzi wavuzwe cyane mu bakurikiranira hafi ruhago haba muri Afurika no ku Isi yose bigeze mu Rwanda biba akarusho.

Yavuzwe cyane ubwo yabaga umugore wa mbere usifuye mu gikombe cya Africa mu mukino wahuje Zimbabwe na Guinea akawitwaramo neza.

Ibi byatumye agarukwaho n’imbaga ya benshi by’umwihariko mu Rwanda aho benshi mu Banyarwanda bamushimiraga kubahesha ishema mu ruhando mpuzamahanga.

Byanatumye kandi u Rwanda rwongera kugarukwaho cyane mu ruhando mpuzamahanga aho benshi bongeraga gushima ubuyobozi bw’u Rwanda gutera intambwe ishimishije mu buringanire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 17 =

Previous Post

Iryavuzwe riratashye: Kwizera Pierrot yasubiye mu Bururu n’Umweru

Next Post

IFOTO: Undi mupolisi yagaragaye akora igikorwa cyakoze ku mutima abatari bacye

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
IFOTO: Undi mupolisi yagaragaye akora igikorwa cyakoze ku mutima abatari bacye

IFOTO: Undi mupolisi yagaragaye akora igikorwa cyakoze ku mutima abatari bacye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.