Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagabye igitero i Musanze kigahitana abaturage 15 bamwe bakatiwe burundu

radiotv10by radiotv10
01/02/2022
in MU RWANDA
0
Abagabye igitero i Musanze kigahitana abaturage 15 bamwe bakatiwe burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Abahoze ari abarwanyi bo mu Mitwe ya RUD-Urunana na P5, bari bamaze iminsi baburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, bakatiwe aho batandatu muri bo bahanishijwe gufungwa burundu mu gihe abandi bakatiwe igifungo kiri hagati y’imyaka 10 na 25.

Aba barwanyi bamaze iminsi baburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, bafashwe mu kwezi k’Ukwakira 2019 ubwo bagabaga igitero mu Mirenge irimo uwa Kinigi, uwa Nyande ndetse n’uwa Musanze mu Karere ka Muanze.

Abarwanyi bari muri iki gitero cyahitanye ubuzima bw’abaturage 15, bamwe barafashwe bigizwemo uruhare n’abaturage banifatiye bamwe muri bo mu gihe abandi batorotse bagasubira mu mashyamba.

Kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022, Urukiko Rukuru rwasomye urubanza rwaregwagamo aba bantu uko ari 38 bahoze muri iyi mitwe ihungabanya umutekano w’u Rwanda ya P5 na RUD-Urunana.

Abahoze mu mutwe wa RUD-Urunana bahamwe n’ibyaha birimo kugambirira kugirira nabi Ubutegetsi buriho mu Rwanda, kujya mu mutwe w’ingabo utemewe, bahanishwa gufungwa burundu.

Aba bakatiwe gufungwa burundu barimo Kabayija Selemani, Habumukiza Theoneste, Ntigurirwa Jean Damascene, Ndayisaba Alexis na Nzabonimpa Hakizimana mu gihe uwitwa Humura Emmanuel we wemeye ibyaha akanasaba imbabazi yoroherejwe ibihano.

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare kandi rwahamije abahoze muri P5 icyaha cyo kujya mu mutwe w’ingabo utemewe ndetse n’icyaha cy’ubwinjiracyaha mu kugirira nabi ubutegetsi buriho.

Urukiko rwahanishije batanu muri bo igifungo cy’imyaka 25, ari bo Ngirinshuti alias Kanyemera, Rubega Ibrahim, Mbarushimana Aime Erneste, Ntebuka Donatien na Nzabamwita Gaston.

Naho abandi 21 bahanishijwe gufungwa imyaka 15, abandi batandatu bahanishwa gufungwa imyaka 10.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Perezeda Kagame yashyizeho abayobozi bashya barimo Ernest wagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo

Next Post

Manzi Thierry yatandukanye n’ikipe yari amazemo amezi 5 asanga Mangwende muri Maroc

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Manzi Thierry yatandukanye n’ikipe yari amazemo amezi 5 asanga Mangwende muri Maroc

Manzi Thierry yatandukanye n’ikipe yari amazemo amezi 5 asanga Mangwende muri Maroc

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.