Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagabye igitero i Musanze kigahitana abaturage 15 bamwe bakatiwe burundu

radiotv10by radiotv10
01/02/2022
in MU RWANDA
0
Abagabye igitero i Musanze kigahitana abaturage 15 bamwe bakatiwe burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Abahoze ari abarwanyi bo mu Mitwe ya RUD-Urunana na P5, bari bamaze iminsi baburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, bakatiwe aho batandatu muri bo bahanishijwe gufungwa burundu mu gihe abandi bakatiwe igifungo kiri hagati y’imyaka 10 na 25.

Aba barwanyi bamaze iminsi baburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, bafashwe mu kwezi k’Ukwakira 2019 ubwo bagabaga igitero mu Mirenge irimo uwa Kinigi, uwa Nyande ndetse n’uwa Musanze mu Karere ka Muanze.

Abarwanyi bari muri iki gitero cyahitanye ubuzima bw’abaturage 15, bamwe barafashwe bigizwemo uruhare n’abaturage banifatiye bamwe muri bo mu gihe abandi batorotse bagasubira mu mashyamba.

Kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022, Urukiko Rukuru rwasomye urubanza rwaregwagamo aba bantu uko ari 38 bahoze muri iyi mitwe ihungabanya umutekano w’u Rwanda ya P5 na RUD-Urunana.

Abahoze mu mutwe wa RUD-Urunana bahamwe n’ibyaha birimo kugambirira kugirira nabi Ubutegetsi buriho mu Rwanda, kujya mu mutwe w’ingabo utemewe, bahanishwa gufungwa burundu.

Aba bakatiwe gufungwa burundu barimo Kabayija Selemani, Habumukiza Theoneste, Ntigurirwa Jean Damascene, Ndayisaba Alexis na Nzabonimpa Hakizimana mu gihe uwitwa Humura Emmanuel we wemeye ibyaha akanasaba imbabazi yoroherejwe ibihano.

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare kandi rwahamije abahoze muri P5 icyaha cyo kujya mu mutwe w’ingabo utemewe ndetse n’icyaha cy’ubwinjiracyaha mu kugirira nabi ubutegetsi buriho.

Urukiko rwahanishije batanu muri bo igifungo cy’imyaka 25, ari bo Ngirinshuti alias Kanyemera, Rubega Ibrahim, Mbarushimana Aime Erneste, Ntebuka Donatien na Nzabamwita Gaston.

Naho abandi 21 bahanishijwe gufungwa imyaka 15, abandi batandatu bahanishwa gufungwa imyaka 10.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + twelve =

Previous Post

Perezeda Kagame yashyizeho abayobozi bashya barimo Ernest wagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo

Next Post

Manzi Thierry yatandukanye n’ikipe yari amazemo amezi 5 asanga Mangwende muri Maroc

Related Posts

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

by radiotv10
11/11/2025
0

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bavuga ko batumva icyatumye umushinga wari watangijwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere wo guhugura...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

IZIHERUKA

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe
IMIBEREHO MYIZA

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

by radiotv10
11/11/2025
0

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

10/11/2025
Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Manzi Thierry yatandukanye n’ikipe yari amazemo amezi 5 asanga Mangwende muri Maroc

Manzi Thierry yatandukanye n’ikipe yari amazemo amezi 5 asanga Mangwende muri Maroc

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.