Abagabye igitero i Musanze kigahitana abaturage 15 bamwe bakatiwe burundu

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Abahoze ari abarwanyi bo mu Mitwe ya RUD-Urunana na P5, bari bamaze iminsi baburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, bakatiwe aho batandatu muri bo bahanishijwe gufungwa burundu mu gihe abandi bakatiwe igifungo kiri hagati y’imyaka 10 na 25.

Aba barwanyi bamaze iminsi baburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, bafashwe mu kwezi k’Ukwakira 2019 ubwo bagabaga igitero mu Mirenge irimo uwa Kinigi, uwa Nyande ndetse n’uwa Musanze mu Karere ka Muanze.

Izindi Nkuru

Abarwanyi bari muri iki gitero cyahitanye ubuzima bw’abaturage 15, bamwe barafashwe bigizwemo uruhare n’abaturage banifatiye bamwe muri bo mu gihe abandi batorotse bagasubira mu mashyamba.

Kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022, Urukiko Rukuru rwasomye urubanza rwaregwagamo aba bantu uko ari 38 bahoze muri iyi mitwe ihungabanya umutekano w’u Rwanda ya P5 na RUD-Urunana.

Abahoze mu mutwe wa RUD-Urunana bahamwe n’ibyaha birimo kugambirira kugirira nabi Ubutegetsi buriho mu Rwanda, kujya mu mutwe w’ingabo utemewe, bahanishwa gufungwa burundu.

Aba bakatiwe gufungwa burundu barimo Kabayija Selemani, Habumukiza Theoneste, Ntigurirwa Jean Damascene, Ndayisaba Alexis na Nzabonimpa Hakizimana mu gihe uwitwa Humura Emmanuel we wemeye ibyaha akanasaba imbabazi yoroherejwe ibihano.

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare kandi rwahamije abahoze muri P5 icyaha cyo kujya mu mutwe w’ingabo utemewe ndetse n’icyaha cy’ubwinjiracyaha mu kugirira nabi ubutegetsi buriho.

Urukiko rwahanishije batanu muri bo igifungo cy’imyaka 25, ari bo Ngirinshuti alias Kanyemera, Rubega Ibrahim, Mbarushimana Aime Erneste, Ntebuka Donatien na Nzabamwita Gaston.

Naho abandi 21 bahanishijwe gufungwa imyaka 15, abandi batandatu bahanishwa gufungwa imyaka 10.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru