Monday, April 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rulindo: Bizejwe ubwiherero bugezweho basenyerwa ubwari busanzwe none ubu ukubwe ahura n’ihurizo

radiotv10by radiotv10
02/02/2022
in MU RWANDA
0
Rulindo: Bizejwe ubwiherero bugezweho basenyerwa ubwari busanzwe none ubu ukubwe ahura n’ihurizo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Ryanyirakayobe uherereye mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo, baravuga ko hari rwiyemezamirimo wabizege ubwiherero bugezweho, akaza agasenya ubwo bari basanganywe none hashize ukwezi acukuye ibyobo ahita yigendera bakaba bafite n’impungenge z’impanuka bizatera.

Aba baturage batujwe mu mudugudu w’ikitegererezo wubatse mu Kagari ka Butare mu Murenge wa Buyoga, bavuga ko rwiyemezamirimo yaje agasenya ubwiherero na bigaz bari basanganywe abizeza kuzabubakira ibya kijyambere bidateza umwanda.

Bavuga ko hashize ukwezi batazi irengero ry’uyu rwiyemezamirimo kuko akimara gucukura ibyobo, batongeye kumuca iryera.

Babwiye Umunyamakuru wa RADIOTV10 ko batewe impungenge n’impanuka zishobora guterwa n’ibyo byacukuwe n’uyu rwiyemezamirimo.

Umwe ati “Nk’abadamu bafite abana bakambakamba, ni ukwirirwa wicaye aho kuko wirirwa urinze wa mwana ku buryo n’uwagutumira yabonye agasururu, ubunzi imitima ukavuga ngo wa mwana ntabwo namusiga mu rugo na rwa rwobo.”

Ngo ibi kandi byakuruye umwanda muri uyu mudugudu kuko badafite aho bajya kwiherera bigatuma bamwe bihengeka mu bice bimwe byo muri uyu mudugudu.

Umwe ati “Ibaze kugira ngo umuntu akubwe nijoro, tekereza kugira ngo uve muri iki gice ugende ujye iryiriya aho ibiraro by’amatungo biri.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Buyoga, Muhigira Antoine avuga ko basabye Ubuyobozi bw’Akagari gaherereyemo uyu mudugudu kuzitira ibi byobo mu gihe ababikora batarabirangiza.

Ati “Ku wa Gatandatu twakoranye umuganda nsanga ari ikibazo, mbasaba ko babiganiriza abana bakahabereka ubundi bakahirinda ndetse n’abantu bakuru bakirinda kugenda hafi yahoo.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko uyu rwiyemezamirimo yoherejwe n’Akarere ka Rulindo mu gihe ubuyobozi bw’Akarere nabwo buvuga ko iki kibazo butakizi ariko bukizeza ko bugiye guhita bugikurikirana.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + nineteen =

Previous Post

Bidatinze icyiciro cy’Ingenzi kitabagamo Intwari n’imwe kigiye kuzibonekamo

Next Post

Mu gahinda gakomeye Aubameyang yasezeye ku bakunzi ba Arsenal

Related Posts

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

by radiotv10
13/04/2026
0

Tariki 13 Mata 1994, umunsi uremeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’iyicwa ry’Abatutsi ryakorewe ahiganjemo muri za Kiliziya zafatwaga nk’inzu...

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

by radiotv10
13/04/2026
0

Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaturage bo mu Murenge wa Giheke mu cyahoze...

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

by radiotv10
13/04/2026
0

Every year, during the commemoration of the 1994 Genocide against the Tutsi, Rwanda pauses to remember, reflect, and honor the...

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

IZIHERUKA

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi
AMAHANGA

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

by radiotv10
13/04/2026
0

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/2026
Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

13/04/2026
Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

13/04/2026
Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

13/04/2026
12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gahinda gakomeye Aubameyang yasezeye ku bakunzi ba Arsenal

Mu gahinda gakomeye Aubameyang yasezeye ku bakunzi ba Arsenal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.