Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe icyatumye Umunyemari wahamijwe Jenoside afungurwa atarangije igihano n’icyakurikiyeho

radiotv10by radiotv10
23/02/2022
in MU RWANDA
0
Hasobanuwe icyatumye Umunyemari wahamijwe Jenoside afungurwa atarangije igihano n’icyakurikiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwasobanuye icyatumye umunyemari Hategekimana Martin uzwi nka  Majyambere wahamijwe ibyaha bya Jenoside, afungurwa atarangije igihano n’icyakurikiyeho nyuma y’uko bimenyekanye.

Muri 2012, uyu munyemari uzwi cyane mu Ntara y’Amajyepfo by’umwihariko mu Karere ka Nyamagabe, yahamijwe ibyaha bya Jenoside n’Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rumukatira gufungwa imyaka 25.

Hategekimana Martin alias Majyambere wafashwe mu 1997, yagiye afungirwa muri Gereza zinyuranye zirimo iya Rwamagana yaherukaga gufungirwamo.

Hategekimana Martin uzwi nka Majyambere w’imyaka 70 y’amavuko, yarekuwe na Gereza ya Rwamagana mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize wa 2021, ndetse inyandiko yamusohoye, yemezaga ko uyu musaza asohotse arangije igihano cye kuko ubuyobozi bw’iyi gereza bwemezaga ko yafunzwe tariki 11 Gashyantare 1997.

Icyemezo kigaragaza ko yafunzwe kuri iyi tariki, cyashyizweho umukono n’uwayoboraga Gereza icyo gihe, SSP Mugororotsi Prosper ndetse ko cyagenzuwe bwa nyuma n’umunyategeko wa Gereza witwa SSGT Mujawumuremyi Francoise

Icyemezo kirekura uyu mugabo, cyo kiriho imikono y’abayobozi bane b’iyi Gereza ya Rwamagana, barimo Umuyobozi wa Gereza witwa SSP Harerimana Egide, umunyamategeko wayo, Nsabimana Fabien, CIP Niyitegeka Eric ushinzwe ikoranabuhanga.

Nyuma y’amezi atatu, uyu Majyambere arekuwe, tariki 14 Gashyantare 2022 yafashwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, afungirwa kuri station yarwo ya Kicukiro, nyuma y’iminsi ine ahita ajyanwa muri Gereza ya Nyarugenge tariki 18 Gashyantare.

 

RCS ngo habayeho kwibeshya

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa (RCS), SSP Uwera Pelly Gakwaya yabwiye ikinyamakuru Umuseke ko uyu Hategekimana Martin yasubijwe muri Gereza kugira ngo arangiza igihano cy’imyaka 25 yakatiwe.

SSP Uwera Pelly Gakwaya yavuze ko systeme yashyizweho muri Gereza igaragaza igihe umuntu yinjiriyemo n’igihe agomba kuzasohokeramo.

Ati “Mbere y’uko itangira ntabwo ibintu byari muri systeme, n’icyo kibazo cyabayeho kuko abafungwa bafunzwe mbere y’icyo gihe hari ubwo habaho kwibeshya ariko inzego zibishinzwe ziri mu iperereza, tuzabamenyesha ikizavamo vuba.”

Gusa umuryango wa Majyambere wo uvuga ko umubyeyi wabo afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse ko bitumvikana kuba Gereza yafunga umuntu idafite icyemezo kimufunga cyafashwe n’urwego rubifitiye ububasha.

Umunyamategeko wa Majyambere witwa Me Gatsimbanyi Pascal na we uvuga ko umukiliya we atakabaye afunze, yavuze ko bitumvikana kuba Gereza yararekuye Umukiliya we yibeshye, none ababikoze bakaba bakiri mu kazi.

Uyu munyamategeko avuga kandi ko yagerageje gusura umukiliya we aho afungiye ariko ubuyobozi bwa Gereza bukamwangira.

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Valentine Rugwabiza wasimbuwe na Claver Gatete yishimiye aho asize ubufatanye bw’u Rwanda na UN

Next Post

Perezida Kagame uretse kuba ari intangarugero anakomoka mu muryango w’Ubwami- Muhoozi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame uretse kuba ari intangarugero anakomoka mu muryango w’Ubwami- Muhoozi

Perezida Kagame uretse kuba ari intangarugero anakomoka mu muryango w’Ubwami- Muhoozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.