Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarusiya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine

radiotv10by radiotv10
28/02/2022
in MU RWANDA
0
Abarusiya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mijyi inyuranye mu Burusiya, abantu ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda bigaragambya bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine bavuga ko ibyaha biri gukorerwa Abaturanyi babo, ari kimwe no kubibakorera.

Iyi myigaragambyo yabaye mu Murwa Mukuru w’u Burusiya i Moscow na Serbia, ikaba iri gukorwa n’abarwanya intambara, biraye mu mihanda kuri iki Cyumweru nubwo Igipolisi cy’u Burusiya, cyataye muri yombi bamwe muri aba bigaragambya.

Abigaragambya bagendaga bavuga bavuga mu majwi arangurura, bagira bati “Twamaganye intambara!”

Iyi myigaragambyo yabaye mu gihe Perezida Vladimir Putin gutegura ibitwaro bya kirimbuzi bakaba bambariye guhangana mu gihe iyi ntambara yaba igeze ijemo ibi bitwaro.

Dmitry Maltsev, umwe mu bigaragambya yagize ati “Mfite abana babiri b’abahungu kandi sinshaka kubaraga icyo gisebo cy’ubunyamaswa bwo kumena amaraso. Intambara iratugiraho ingaruka twese.”

Iyi myigaragambyo yatangiye ku wa Kane mu Burusiya, yakomeje kuba kuva icyo gihe nubwo Igipolisi cya kiriya Gihugu gikomeje guhangana n’abari kuyikora.

Uretse iyi myigaragambyo iri kubera mu mihanda, hari n’abantu ibihumbi n’ibihumbi banditse inyandiko zo kwamagana igikorwa cy’u Burusiya cyo kujya gushoza intambara muri Ukraine.

Abantu bafite izina rikomeye mu Burusiya barimo abahanzi, abanyamakuru ba Televiziyo na bo bamaganye ibyakozwe n’u Burusiya.

Urubuga rumwe rwashyizweho rwo kunyuzaho izi nyandiko zo kwamagana iki gikorwa, rumaze gushyigikirwa n’abantu ibihumbi 930 mu minsi ine gusa, kikaba kibaye icyifuzo gishyigikiwe na benshi mu Burusiya kuva uyu mwaka watangira.

Undi witwa Olga Mikheeva, uri mu bigaragambyaga, yagize ati “Iki ni icyaha kiri gukorerwa Ibihugu byombi yaba Ukraine n’u Burusiya. Iki gikorwa kiri kutwicira abacu twese yaba Abarusiya n’Abanya-Ukraine. Tugomba kuvugira hamwe turanguruye ko tudasha kwicwa ndetse tudashaka ko Abanya-Ukraine bicwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Gisagara: Uvugishije Itangazamakuru amererwa nabi n’abayobozi bakamwita umugambanyi

Next Post

Umutoza wa Gicumbi FC yongeye kwegura nyuma yo gutsindwa ibitego 6-0

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wa Gicumbi FC yongeye kwegura nyuma yo gutsindwa ibitego 6-0

Umutoza wa Gicumbi FC yongeye kwegura nyuma yo gutsindwa ibitego 6-0

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.