Polisi y’u Rwanda yongeye kwibutsa abakomeje kwinangira kwitabira gukora ihererekanya ry’ibinyabiziga, kubikora bidasabye uru rwego rubahamagara cyangwa rukabasanga aho bari.
Mu kwezi gushize Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), batangije ubukangurambaga bumenyesha abantu bose batakoze ihererekanya ry’ibinyabiziga baguze cyangwa bagurishije rizwi nka mutation, n’abatarandukuje ibyavuye mu muhanda, ko boroherejwe bashyirirwaho gahunda yo kubafasha mu gihe kingana n’ukwezi ku ma site atandukanye hirya no hino mu gihugu.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga avuga ko n’ubwo abantu barimo kwitabira iyi serivisi hakiri abakomeje kugorana ntibafashe bagenzi babo gukora mitasiyo.
Yagize ati: “Hari aho bigaragara ko hakiri abinangira kwitabira iyi gahunda. Turongera gukangurira abantu bose bazi ko barebwa n’ubu bukangurambaga ko bakwiye kubwitabira batarindiriye ko Polisi irinda kubihamagarira cyangwa ngo ibasange aho bari kubera kutubahiriza inshingano zabo.”
Mu buhamya bwatanzwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Gashyantare, na Bikorimana Samuel, umumotari utuye mu Karere ka Nyamasheke mu murenge wa Shangi, agaragaza ko yaguze moto n’uwitwa Hitarurema Placide mu kwezi kwa Nyakanga 2025, bemeranya ko bazakora mitasiyo mu kwezi kumwe gusa, nyamara ngo agahita akuraho telefoni.
Yagize ati: “Twaguze moto musabye ko dukora mitasiyo ambwira ko nta mwanya afite tuzayikora mu kwezi gukurikiyeho, igihe twavuganye cyarageze muhamagaye ntiyamfata nongeye kumuhamagara ntiyacamo. Bitewe n’uko nkorera i Nyamasheke na Rusizi, sinongeye kugaruka i Kigali kumureba, ahubwo mu kwezi gushize numvise ubukangurambaga bw’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro bwatangijwe ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda niko kongera guhamagara uwo twaguze aranyitaba arambwira ngo nzaze tubikemure mpageze nabwo yanga kuza nsubira iwacu, ariko nsiga mbimenyesheje izo nzego zatangije ubukangurambaga.”
Akomeza agira ati: “Nyuma yaho Polisi yarampamagaye imbwira ko yamubonye naza tugakora mitasiyo, nibwo naje bakaba baduhuje kandi ikibazo cyanjye kikaba ubu cyakemutse. Ndashimira Polisi yamfashije kubona uwo twaguze tugakora mitasiyo, nongera gushishikariza n’abandi baguze ibinyabiziga bafite ikibazo nk’icyange ko bagana ayo masite yashyizweho bakabafasha kuko ikibazo cyose ufite baragisuzuma bakagufasha.”
Hitarurema Placide usanzwe utuye mu karere ka Gasabo mu murenge wa Gatsata, waguze n’uwo mumotari moto, avuga ko aho baburaniye yabigizemo ubushake buke kuko yumvaga ko nta kibazo bizamugiraho.
Yagize ati: “Sinigeze mpa agaciro ibyo gukora ihererekanya n’uwo twaguze kuko yagiye ampamagara nkamwihorera, ndetse n’ejobundi aho bazaniye ubu bukangurambaga yaraje nabwo ndabura. Polisi yaranyihamagariye ngo nze duhererekanye ariko sinajyayo kugeza ubwo ije kunyirebera.”
Yagiriye inama bagenzi be bagenda bahunga gukora ihererekanya ko badakwiye gutegereza ko Polisi iza kubishakira, ahubwo ko bakwiye korohereza bagenzi babo cyane ko ubu bukangurambaga burimo gukorerwa hirya no hino mu gihugu, bityo ko babwitabira bagahererekanya batarinze kuzagerwaho n’ibihano.
Undi ushimira ubu bukangurambaga bwashyizweho, ni uwitwa Ndayisaba Joseph uvuga ko yaguze imodoka n’umuntu akaba ayimaranye imyaka itatu yaranze ko bakora ihererekanya, ariko ko aho yumviye ubukangurambaga kandi ko ikibazo cyose ufite kijyanye na mitasiyo bagufasha, yagannye imwe mu masite yashyizweho atanga ikibazo afite kandi bamubwira ko bagiye kumufasha gushaka uwo baguze bigakemuka, aboneraho gushishikariza bagenzi be nabo bafite ikibazo nk’icye ko baza bagafashwa kuko nta n’umurongo munini uba uhari nk’uko babikeka.
ACP Rutikanga yongeye kwibutsa abantu bose bazi ko baguze cyangwa bagurishije ibinyabiziga batorohereza bagenzi babo ngo bakore ihererekanya ko nyuma y’uko iminsi y’ubukangurambaga yagenwe nishira batarabikora bazatangira kujya bahanwa hakurikijwe amategeko.
RADIOTV10








