Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

radiotv10by radiotv10
11/02/2026
in MU RWANDA
0
Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yongeye kwibutsa abakomeje kwinangira kwitabira gukora ihererekanya ry’ibinyabiziga, kubikora bidasabye uru rwego rubahamagara cyangwa rukabasanga aho bari.

Mu kwezi gushize Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), batangije ubukangurambaga bumenyesha abantu bose batakoze ihererekanya ry’ibinyabiziga baguze cyangwa bagurishije rizwi nka mutation, n’abatarandukuje ibyavuye mu muhanda, ko boroherejwe bashyirirwaho gahunda yo kubafasha mu gihe kingana n’ukwezi ku ma site atandukanye hirya no hino mu gihugu.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga avuga ko n’ubwo abantu barimo kwitabira iyi serivisi hakiri abakomeje kugorana ntibafashe bagenzi babo gukora mitasiyo.

Yagize ati: “Hari aho bigaragara ko hakiri abinangira kwitabira iyi gahunda. Turongera gukangurira abantu bose bazi ko barebwa n’ubu bukangurambaga ko bakwiye kubwitabira batarindiriye ko Polisi irinda kubihamagarira cyangwa ngo ibasange aho bari kubera kutubahiriza inshingano zabo.”

Mu buhamya bwatanzwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Gashyantare, na  Bikorimana Samuel, umumotari utuye mu Karere ka Nyamasheke mu murenge wa Shangi, agaragaza ko yaguze moto n’uwitwa Hitarurema Placide mu kwezi kwa Nyakanga 2025, bemeranya ko bazakora mitasiyo mu kwezi kumwe gusa, nyamara ngo agahita akuraho telefoni.

Yagize ati: “Twaguze moto musabye ko dukora mitasiyo ambwira ko nta mwanya afite tuzayikora mu kwezi gukurikiyeho, igihe twavuganye cyarageze muhamagaye ntiyamfata nongeye kumuhamagara ntiyacamo. Bitewe n’uko nkorera i Nyamasheke na Rusizi, sinongeye kugaruka i Kigali kumureba, ahubwo mu kwezi gushize numvise ubukangurambaga bw’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro bwatangijwe ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda niko kongera guhamagara uwo twaguze aranyitaba arambwira ngo nzaze tubikemure mpageze nabwo yanga kuza nsubira iwacu, ariko nsiga mbimenyesheje izo nzego zatangije ubukangurambaga.”

Akomeza agira ati: “Nyuma yaho Polisi yarampamagaye imbwira ko yamubonye naza tugakora mitasiyo, nibwo naje bakaba baduhuje kandi ikibazo cyanjye kikaba ubu cyakemutse. Ndashimira Polisi yamfashije kubona uwo twaguze tugakora mitasiyo, nongera gushishikariza n’abandi baguze ibinyabiziga bafite ikibazo nk’icyange ko bagana ayo masite yashyizweho bakabafasha kuko ikibazo cyose ufite baragisuzuma bakagufasha.”

Hitarurema Placide usanzwe utuye mu karere ka Gasabo mu murenge wa Gatsata, waguze n’uwo mumotari moto, avuga ko aho baburaniye yabigizemo ubushake buke kuko yumvaga ko nta kibazo bizamugiraho.

Yagize ati: “Sinigeze mpa agaciro ibyo gukora ihererekanya n’uwo twaguze kuko yagiye ampamagara nkamwihorera, ndetse n’ejobundi aho bazaniye ubu bukangurambaga yaraje nabwo ndabura. Polisi yaranyihamagariye ngo nze duhererekanye ariko sinajyayo kugeza ubwo ije kunyirebera.”

Yagiriye inama bagenzi be bagenda bahunga gukora ihererekanya ko badakwiye gutegereza ko Polisi iza kubishakira, ahubwo ko bakwiye korohereza bagenzi babo cyane ko ubu bukangurambaga burimo gukorerwa hirya no hino mu gihugu, bityo ko babwitabira bagahererekanya batarinze kuzagerwaho n’ibihano.

Undi ushimira ubu bukangurambaga bwashyizweho, ni uwitwa Ndayisaba Joseph uvuga ko yaguze imodoka n’umuntu akaba ayimaranye imyaka itatu yaranze ko bakora ihererekanya, ariko ko aho yumviye ubukangurambaga kandi ko ikibazo cyose ufite kijyanye na mitasiyo bagufasha, yagannye imwe mu masite yashyizweho atanga ikibazo afite kandi bamubwira ko bagiye kumufasha gushaka uwo baguze bigakemuka, aboneraho gushishikariza bagenzi be nabo bafite ikibazo nk’icye ko baza bagafashwa kuko nta n’umurongo munini uba uhari nk’uko babikeka.

ACP Rutikanga yongeye kwibutsa abantu bose bazi ko baguze cyangwa bagurishije ibinyabiziga batorohereza bagenzi babo ngo bakore ihererekanya ko nyuma y’uko iminsi y’ubukangurambaga yagenwe nishira batarabikora bazatangira kujya bahanwa hakurikijwe amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 17 =

Previous Post

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

Next Post

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Related Posts

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

by radiotv10
11/02/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangaje ko kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, atari igitangaza, kandi ko...

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

by radiotv10
11/02/2026
0

Umukobwa w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, wari amaze igihe asaba umusore ko bakundana, undi...

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma yuko hasohotse inkuru yemeza ko Erik Prince washinzwe umutwe wa Blackwater w’abarwanyi b’abacancuro yohereje bamwe na drone muri DRC,...

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma y’uko mu kagari ka Gakoni ko mu murenge wa Muganza mu bihe bikurikiranye mu mudugudu umwe habonetse imibiri ibiri...

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

by radiotv10
11/02/2026
0

Following reports confirming that Erik Prince, the founder of the private military company Blackwater, deployed personnel and drones to the...

IZIHERUKA

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi
MU RWANDA

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

by radiotv10
11/02/2026
0

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

11/02/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

11/02/2026
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

11/02/2026
Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

11/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.