Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakora ubwikorezi bitabaje amagare barasaba gushyirirwaho impuzamashyirahamwe

radiotv10by radiotv10
15/09/2021
in MU RWANDA
0
Abakora ubwikorezi bitabaje amagare barasaba gushyirirwaho impuzamashyirahamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mujyi wa Kigali bamwe mu bakora akazi ko gutwara abantu n’ibintu ku magare barasaba ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA) kubafasha gushyiraho ihuriro ry’amakoperative yabo.

Aba banyonzi bavuga ko kuba batagira urwego rubakuriye mu gihugu bituma abayobora amakoperative yabo babatwara uko bishakiye ari nayo mpamvu basaba RCA kubashyiriraho impuzamakoperative y’abanyonzi.

Abo twaganiriye ni abo twasanze Nyabugogo mu mujyi wa Kigali, umwe yagize ati”aya makoperative ntacyo atumariye kuko iyo duhuye n’ikibazo mu muhanda nta kintu nakimwe badufasha kandi urebe buri munsi dutanga umusanzu wa 500 jye mbona bias naho ari bizinesi bihimbiye.”

Mugenzi we nawe yagize ati”Hano mu mujyi wa Kigali mbona koperative z’abanyonzi zifitiye akamaro abaziyobora niyo mpmvu baduhaye federatiso nibura twagira urwego rutuvuganira ubuse ko dutanga imisanzu tugira aho duparika? Reba iyo umunyonzi yambutse feruje(feux rouge) police iramufata kandi igare ryemewe gukora”

Kuri ibi byifuzo by’aba banyonzi ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA) kivuga ko ari ubwa mbere iki cyifuzo bacyumvise ariko bizeje aba banyonzi ko yiteguye kubafasha bakabona ihuriro ryabo nk’uko babyifuza.

Prof. Harerimana JeanBosco, umuyobozi mukuru wa RCA yabigarutseho agira ati”Ni ubwa mbere babidusabye ariko icyo twababwira ni batwegere tubiganire binyuze muri koperative zabo kandi twiteguye kubafasha cyane ko ari nabwo bagera ku iterambere rirambye kuko baba bafite aho babarizwa”

N’ubwo aba banyonzi bavuga ko bashyiriweho impuzamakoperative yabo hari icyo byabafasha mu bibazo bakunze guhura nabyo bagenzi babo b’abamotari bo ntibasiba kwinubira federation yabo bayishinja ko ntacyo ibamariye kuko ngo ibibazo bayigaragariza birangira ntacyo ibikozeho ahubwo ngo ikarushaho kubapyinagaza.

Kugeza ubu imibare igaragazwa na RCA mu mujyi wa Kigali harabarwa amakoperative y’abakora akazi ko gutwara abantu n’ibintu ku magare agera kuri 72.

Inkuru ya Ntakirutimana Pacifique/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 16 =

Previous Post

VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

Next Post

Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
26/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
26/10/2025
3

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

25/10/2025
Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu

Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.