Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakora ubwikorezi bitabaje amagare barasaba gushyirirwaho impuzamashyirahamwe

radiotv10by radiotv10
15/09/2021
in MU RWANDA
0
Abakora ubwikorezi bitabaje amagare barasaba gushyirirwaho impuzamashyirahamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mujyi wa Kigali bamwe mu bakora akazi ko gutwara abantu n’ibintu ku magare barasaba ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA) kubafasha gushyiraho ihuriro ry’amakoperative yabo.

Aba banyonzi bavuga ko kuba batagira urwego rubakuriye mu gihugu bituma abayobora amakoperative yabo babatwara uko bishakiye ari nayo mpamvu basaba RCA kubashyiriraho impuzamakoperative y’abanyonzi.

Abo twaganiriye ni abo twasanze Nyabugogo mu mujyi wa Kigali, umwe yagize ati”aya makoperative ntacyo atumariye kuko iyo duhuye n’ikibazo mu muhanda nta kintu nakimwe badufasha kandi urebe buri munsi dutanga umusanzu wa 500 jye mbona bias naho ari bizinesi bihimbiye.”

Mugenzi we nawe yagize ati”Hano mu mujyi wa Kigali mbona koperative z’abanyonzi zifitiye akamaro abaziyobora niyo mpmvu baduhaye federatiso nibura twagira urwego rutuvuganira ubuse ko dutanga imisanzu tugira aho duparika? Reba iyo umunyonzi yambutse feruje(feux rouge) police iramufata kandi igare ryemewe gukora”

Kuri ibi byifuzo by’aba banyonzi ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA) kivuga ko ari ubwa mbere iki cyifuzo bacyumvise ariko bizeje aba banyonzi ko yiteguye kubafasha bakabona ihuriro ryabo nk’uko babyifuza.

Prof. Harerimana JeanBosco, umuyobozi mukuru wa RCA yabigarutseho agira ati”Ni ubwa mbere babidusabye ariko icyo twababwira ni batwegere tubiganire binyuze muri koperative zabo kandi twiteguye kubafasha cyane ko ari nabwo bagera ku iterambere rirambye kuko baba bafite aho babarizwa”

N’ubwo aba banyonzi bavuga ko bashyiriweho impuzamakoperative yabo hari icyo byabafasha mu bibazo bakunze guhura nabyo bagenzi babo b’abamotari bo ntibasiba kwinubira federation yabo bayishinja ko ntacyo ibamariye kuko ngo ibibazo bayigaragariza birangira ntacyo ibikozeho ahubwo ngo ikarushaho kubapyinagaza.

Kugeza ubu imibare igaragazwa na RCA mu mujyi wa Kigali harabarwa amakoperative y’abakora akazi ko gutwara abantu n’ibintu ku magare agera kuri 72.

Inkuru ya Ntakirutimana Pacifique/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + eighteen =

Previous Post

VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

Next Post

Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu

Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.