Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakora ubwikorezi bitabaje amagare barasaba gushyirirwaho impuzamashyirahamwe

radiotv10by radiotv10
15/09/2021
in MU RWANDA
0
Abakora ubwikorezi bitabaje amagare barasaba gushyirirwaho impuzamashyirahamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mujyi wa Kigali bamwe mu bakora akazi ko gutwara abantu n’ibintu ku magare barasaba ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA) kubafasha gushyiraho ihuriro ry’amakoperative yabo.

Aba banyonzi bavuga ko kuba batagira urwego rubakuriye mu gihugu bituma abayobora amakoperative yabo babatwara uko bishakiye ari nayo mpamvu basaba RCA kubashyiriraho impuzamakoperative y’abanyonzi.

Abo twaganiriye ni abo twasanze Nyabugogo mu mujyi wa Kigali, umwe yagize ati”aya makoperative ntacyo atumariye kuko iyo duhuye n’ikibazo mu muhanda nta kintu nakimwe badufasha kandi urebe buri munsi dutanga umusanzu wa 500 jye mbona bias naho ari bizinesi bihimbiye.”

Mugenzi we nawe yagize ati”Hano mu mujyi wa Kigali mbona koperative z’abanyonzi zifitiye akamaro abaziyobora niyo mpmvu baduhaye federatiso nibura twagira urwego rutuvuganira ubuse ko dutanga imisanzu tugira aho duparika? Reba iyo umunyonzi yambutse feruje(feux rouge) police iramufata kandi igare ryemewe gukora”

Kuri ibi byifuzo by’aba banyonzi ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA) kivuga ko ari ubwa mbere iki cyifuzo bacyumvise ariko bizeje aba banyonzi ko yiteguye kubafasha bakabona ihuriro ryabo nk’uko babyifuza.

Prof. Harerimana JeanBosco, umuyobozi mukuru wa RCA yabigarutseho agira ati”Ni ubwa mbere babidusabye ariko icyo twababwira ni batwegere tubiganire binyuze muri koperative zabo kandi twiteguye kubafasha cyane ko ari nabwo bagera ku iterambere rirambye kuko baba bafite aho babarizwa”

N’ubwo aba banyonzi bavuga ko bashyiriweho impuzamakoperative yabo hari icyo byabafasha mu bibazo bakunze guhura nabyo bagenzi babo b’abamotari bo ntibasiba kwinubira federation yabo bayishinja ko ntacyo ibamariye kuko ngo ibibazo bayigaragariza birangira ntacyo ibikozeho ahubwo ngo ikarushaho kubapyinagaza.

Kugeza ubu imibare igaragazwa na RCA mu mujyi wa Kigali harabarwa amakoperative y’abakora akazi ko gutwara abantu n’ibintu ku magare agera kuri 72.

Inkuru ya Ntakirutimana Pacifique/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + fifteen =

Previous Post

VOLLEYBALL: Tunisia na Cameron zirakina umukino wa nyuma, u Rwanda rurashaka umwanya wa 5

Next Post

Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu

Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.